Umunya Brazil Claudia Oliveira yatangiye guhugura abatoza ba Volleyball yo ku mucanga

Kuri uyu wa mbere taliki ya 22 Nzeri 2025, ku bufatanye na committee Olympic y’u Rwanda, federation y’umukino wa volleyball mu Rwanda (FRVB) yatangije amahugurwa y’abatoza b’ umukino wa volleyball yo ku mucanga (FIVB Beach Volleyball Coaches course)

Ni amahugurwa arimo gutangwa n’impuguke muri uyu mukino ndetse akaba n’intumwa ya FIVB (International Volleyball Federation) umunya Brazilekazi Claudia Costa Oliveira-Laciga.

Ni amahugurwa yitabiriwe n’abatoza 35 abagabo n’abagore barimo abanyamahanga 3 (Burundi, Tanzania na Zimbabwe) aho azamara iminsi 4 guhera none kuzajyeza taliki ya 26 Nzeri.

Aya mahugurwa yitabiriwe n'abatoza 35 biganjemo abagikina volleyball
Aya mahugurwa yitabiriwe n’abatoza 35 biganjemo abagikina volleyball

Ni amahugurwa arimo/ azibanda ku bice bibiri aribyo ( Theories na practicals)

Afungura ku mugaragaro aya mahugurwa Perezida wa Federasiyo ya Volleyball mu Rwanda Mr Ngarambe Raphael yavuze ko intego nyamukuru yaya mahugurwa ari ukugira no kuzamurira u rwego abatoza batoza uyu mukino.

Ni amahugurwa babanza kwiga bisanzwe nyuma bakajya no ku kibuga
Ni amahugurwa babanza kwiga bisanzwe nyuma bakajya no ku kibuga

“Twishimiye kwakira aya mahugurwa ya FIVB, turizerako azabagirira akamaro ndetse n’iterambere ry’umukino wa beach volleyball. Ubushize murabizi ko twakiriye World Tour ndetse nubu turifuza kongera kuyakira rero mwige mushyizeho umwete mbifurije amahirwe masa”

Umunya Brazilekazi Claudia Costa Oliveira-Laciga ubwo yarimo gutanga amasomo
Umunya Brazilekazi Claudia Costa Oliveira-Laciga ubwo yarimo gutanga amasomo

Aho amahugurwa abera: Hill Top Hotel
Ikibuga cy’Imyiyozo: Kicukiro-Mamba Beach volleyball court

Ibitekerezo  

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka