Amatsinda ya CECAFA izabera muri Ethiopia yatangajwe

Amakipe 12 azakina CECAFA izabera muri Ethiopia kuva taliki 21/11 kugera taliki ya 06/12/2015 yamaze gushyirwa mu matsinda 3 .

Ikipe y’u Rwanda Amavubi yamaze gushyirwa mu itsinda rya gatatu mu mikino ihuza ibihugu byo muri Africa y’iburasirazuba no hagati "CECAFA",aho u Rwanda ruri kumwe na Zanzibar ndetse na Sudan zombi

Ikipe y'igihugu Amavubi
Ikipe y’igihugu Amavubi

Uko amatsinda ateye

Group A: Ethiopia, Rwanda, Tanzania na Somalia

Group B: Kenya, Uganda, Burundi na Zanzibar

Group C: Sudan, Malawi, South Sudan na Djibouti

Iyi Cecafa y’umwaka wa 2015 igiye kubera muri Ethiopia,nyuma y’aho umwaka ushize itabaye bitewe no kubura igihugu kiyakira,mu gihe iheruka gukinwa yegukanwe n’igihugu cya kenya itsinze Sudan 2-0 mu marushanwa yabereye muri Kenya mu mwaka wa 2013.

Sammy IMANISHIMWE

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 1 )

itsinda U Rwanda ruherereyemo rirakinika naho itsinda 2. niryurupfu.

Japhet yanditse ku itariki ya: 9-11-2015  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka