Kuri uyu wa 24 Nzeli 2017 ni bwo irushanwa rya “Ambassador’s Cup” ryasojwe aho u Rwanda rwaryegukanye ku nshuro ya gatanu ribera mu Rwanda.
Imodoka nshya yo mu bwoko bwa Toyota Avanza ifite agaciro ka miliyoni 20FRW yiriwe i Nyarutarama kuri Kigali Golf Club (KGC) itegereje umunyamahirwe ushobora kuyegukana, ariko birangira ibaye ubwa ya mvugo ngo akabuze ubuguzi gasubirana nyirako.
Guhera kuri uyu wa Gatandatu kugera ku Cyumweru u Rwanda rurakira irushanwa rya Taekwondo rizahuza abakinnyi 150 bazaturuka mu bihugu birindwi.
Hategekimana Timamu niwe wanikiye abandi mu mukino wa Triathlon ukomatanya imikino itatu ariyo koga, kunyonga igare no kwiruka ku maguru.
Mu isiganwa ry’amamodoka ryari rimaze iminsi ibiri ribera mu Rwanda, Baryan Manvir yanikiye abandi aryegukana akoresheje 1h47’06
Baryan Manvir na Sturrock Drew bari batwaye Skoda Bavia ari nayo modoka idasanzwe iri muri irushanwa, begukanye uduce tune twose twabaye muri iki gitondo mu gace ka Rugende.
Kuri uyu wa kane kuri Kigali Convention Center habaye umuhango wo gutangiza ku mugaragaro isiganwa "Rwanda Mountain Gorilla Rally 2017",
Imodoka 19 ziganjemo izizaturuka hanze y’u Rwanda ni zo zamaze kwiyandikisha kuzitabira isiganwa ry’imodoka rizwi nka Rwanda Mountain Gorilla Rally izaba mu mpera z’iki cyumweru.
Isiganwa ry’amamodoka rizwi nka Rwanda Mountain Gorilla Rally rya 2017, ryitezweho kuzaba rinogeye ijisho ndetse rikazarangwa no guhangana bidasanzwe.
Hadi Janvier, wasezeye umukino w’amagare yagaragaje ko agikomeye ubwo yitabiraga irushanwa rikomatanyije imikino itatu ryitwa Triathlon ryaberaga mu Karere ka Rubavu.
Miss Rwanda, Elsa Iradukunda atangaza ko irushanwa ryo koga yatangije rizatuma uwo mukino ugera ku rundi rwego kuburyo n’abawukina basohokera u Rwanda.
Inama mpuzamahanga yiga ku iterambere rya Siporo mu bagore yaberaga i Kigali yasojwe biyemeje kuzamura umubare w’abagore bari mu buyobozi bwa Siporo
Abatuye umujyi wa Rubavu bakunda imikino itandukanye irimo uwo koga nta rungu bazagira kuko hagiye kubera irushanwa ryiswe “Umuganura Challenge Triathlon”.
Mu rwego rwo gushishikariza abakobwa gukora siporo cyane cyane iyo koga, Miss Rwanda, Iradukunda Elsa agiye gutangiza irushanwa ngarukamwaka ryo koga.
Abitabiriye irushanwa ry’ibigeragezo rya “Waka Warrior Race 2017” banyuze mu bigeragezo bikomeye bisaba ko umuntu aba afite ingufu zimufasha kunyura mu mitego.
Abakinnyi bakomoka muri Congo nibo bihariye mu irushanwa ryo kwibuka Abasiporutifu babarizwaga mu mukino wa Tennis bazize Jenoside yakorewe Abatutsi mu mwaka wa 1994
Ikigo cy’isi gishinzwe kurwanya ikoreshwa ry’ibiyobyabwenge World Anti-Doping Agency, gikomeje gutanga amahugurwa ku bashinzwe kurwanya ibiyobyabwenge muri Afurika kugira ngo harandurwe ikoreshwa ry’ibiyobyabwenge ku bakinnyi ba Afurika.
Kuri uyu wa Gatandatu mu karere ka Bugesera habereye isiganwa rya moto ryitabiriwe n’abakinnyi batuye mu Rwanda
Kuri uyu wa Gatandatu mu karere ka Bugesera habereye isiganwa ry’amamodoka, aho Gakwaya Jean Claude na Mugabo Jean Claude ari bo baryegukanye
Imodoka 9 zirimo izizaturuka i Burundi eshatu ndetse n’iz’abanyarwanda ni zo zizitabira isiganwa ry’amamodoka ribera i Bugesera kuri uyu wa Gatandatu
Ku mugoroba wo kuri uyu wa kane tariki ya 18 Gicurasi 2017, Madame wa Perezida wa Kenya, Margaret Gakuo Kenyatta yatangaje ko azifatanya na Madame Jeannette Kagame muri Kigali International Peace Marathon.
Mme Rwemarika Félicitée, visi perezida wa Komite Olempike y’u Rwanda yashyizwe mu kanama gashinzwe ubukangurambaga no gufasha abantu b’ingeri zose gukora siporo
Mu marushanwa mpuzamahanga akinwa n’abafite ubumuga (Para-Taekwondo) yaberaga mu Rwanda, asojwe u Rwanda rwegukanye imidari 6, runegukana igikombe nk’igihugu cya mbere muri rusange.
Ubuyobozi bw’ishyirahamwe ry’umukino njyarugamba TAEKWONDO buratangaza ko abakinnyi 4 bamaze kuvanwa ku rutonde rw’abemereewe kwitabira imikino nyafurika ya Taekwondo y’abafite ubumuga (Para-Taekwondo Open 2017)
Umuyarwandakazi ukina Cricket yanditse amateka mashya ku isi, nyuma yo kumara amasaha 26 agarura udupira muri Cricket
Cathia Uwamahoro, Umunyarwandakazi ukina Cricket yatangiye urugambwa rwo gishyiraho agahigo gashya muri Cricket ku isi
Mukundiyukuri Jean De Dieu, umukozi wa Komite Olempike y’u Rwanda (CNOSR) ari mu maboko ya Polisi y’igihugu akurikiranweho icyaha cya Ruswa.
Kuri uyu wa Kane ku bibuga bya Tennis biri kuri Stade Amahoro, haraza kuba hakinwa imikino ya 1/2 mu bagabo n’abagore
Irushanwa rya Tennis ryahariwe umunsi w’intwari rirakomeza kuri uyu wa Gatatu, aho haza kuba hakinwa imikino ya 1/4 mu bagabo babigize umwuga.
Mu Ntara y’Iburasirazuba hatangijwe siporo ngarukakwezi kuri bose izajya ikorwa kuri buri cyumweru cya gatatu cya buri kwezi.