Rayon Sports yasinyishije myugariro wakinaga mu cyiciro cya kabiri

Kuri uyu wa Mbere, ikipe ys Rayon Sports yatangaje ko yasinyishije Umunya-Chad Charles Tchouplaou wakiniraga Casric Stars yo mu cyiciro cya kabiri muri Afurika y’Epfo.

Charles w’imyaka 25 y’amavuko, ni myugariro wo mu mutima w’ubwugarizi uhengamira iburyo ndetse akaba akinira ikipe y’igihugu Chad bihoraho kuva tariki 23 Ugushyingo 2026.

Amakuru agaragara ku rubuga rwa murandasi rwa transfermarket agaragaza ko Charles yari yageze muri Casric Stars FC muri Mutarama 2025 avuye muri CR Bernousi yari yaragezemo mu mpeshyi ya 2024.

Casric Stars FC uyu musore yakiniraga, mu mwaka w’imikino wa 2025-2026 yabaye iya kane muri shampoyona y’icyiciro cya mbere mu gihe 2024-2025 yari yabonye itike yo gukina imikino ya kamparamaka yo kuzamuka mu cyiciro cya mbere gusa itabonyemo itike.

National Football League

Ibitekerezo  

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka