Abakinnyi 11 bahembwa neza kurusha abandi mu gikombe cy’isi 2026
Mu gihe Igikombe cy’Isi 2026 cyirimbanyije, mu bakinnyi bakitabiriye harimo 11 bahembwa amafaranga menshi kurusha abandi, haba mu mishahara bahabwa n’amakipe bakinamo ndetse no mu masezerano y’ubucuruzi n’iyamamaza bagirana n’ibigo bikomeye.
Aba bakinnyi 11 batondetswe n’ikinyamakuru Forbes bose hamwe binjije asaga miliyoni 950 z’Amadolari ya Amerika mu mezi 12 ashize mbere y’itangira ry’iri rushanwa.
Umunya-Portugal Cristiano Ronaldo ni we uza ku mwanya wa mbere, aho Forbes ivuga ko yinjije miliyoni 300 z’Amadolari. Uyu rutahizamu w’imyaka 41 akomeje kuba umwe mu bakinnyi binjiza amafaranga menshi ku Isi, cyane cyane kubera umushahara ahabwa na Al-Nassr yo muri Arabie Saoudite ndetse n’amasezerano menshi yo kwamamaza.
Ku mwanya wa kabiri haza Lionel Messi wa Argentine winjije miliyoni 140 z’Amadolari. Messi akomeje kwinjiza amafaranga menshi binyuze mu ikipe ya Inter Miami ndetse no mu masezerano y’ubucuruzi afitanye n’ibigo bikomeye nka Adidas.
Kylian Mbappé w’u Bufaransa aza ku mwanya wa gatatu n’amafaranga abarirwa muri miliyoni 95 z’Amadolari nyuma y’igihe cyiza yagize muri Real Madrid.
Erling Haaland wa Norvège ari ku mwanya wa kane n’amafaranga miliyoni 80 z’Amadolari, mu gihe Vinicius Jr. wa Brésil ari ku mwanya wa gatanu n’amafaranga miliyoni 60.
Mohamed Salah wa Misiri yinjiye miliyoni 55 z’Amadolari, naho Sadio Mané wa Sénégal yinjiza miliyoni 54, cyane cyane kubera amafaranga menshi atangwa muri shampiyona ya Arabie Saoudite.
Jude Bellingham w’u Bwongereza aza ku mwanya wa munani n’amafaranga miliyoni 44 z’Amadolari nyuma yo gukomeza kwitwara neza muri Real Madrid.
Umukinnyi watunguye benshi ni Lamine Yamal wa Espagne uri ku mwanya wa cyenda n’amafaranga miliyoni 43 z’Amadolari. Nubwo afite imyaka 18 gusa, amaze kuba umwe mu bakinnyi bakurura ibigo byinshi byamamaza ku Isi, harimo Coca-Cola, Visa na McDonald’s.
Harry Kane w’u Bwongereza ari ku mwanya wa 10 n’amafaranga miliyoni 41 z’Amadolari, mu gihe Neymar wa Brésil asoza uru rutonde n’amafaranga miliyoni 38.
Forbes ivuga ko uru rutonde rugaragaza uburyo amafaranga ava mu kwamamaza no kwamamazwa akomeje kugira uruhare runini mu bukungu bw’umupira w’amaguru ku rwego mpuzamahanga
National Football League
Ibitekerezo
Ohereza igitekerezo
|
|