Ikipe y’amagare igizwe n’abakinnyi batandatu berekeje mu Bubiligi mu myitozo izamara ukwezi kuva taliki 5 Nyakanga kugeza taliki 30 Nyakanga 2018.
Munyaneza Didier wakiniraga ikipe ya Benediction Club y’i Rubavu arerekeza mu ikipe ya Tirol yo muri Autriche kuri uyu wa mbere
Areruya Joseph yegukanye shampiyona y’igihugu mu gusiganwa n’igihe (Contre la montre) yerekezaga i Rwamagana.
Mu nzira zatangajwe za Tour du Rwanda 2018, hagaragayemo inzira nyinshi nshyshya zitari zimenyerewe mu masiganwa yandi yatambutse
Abakinnyi b’ikipe y’igihugu y’umukino w’amagare bari barerekeje muri Cameroun baraye bageze i Kigali mu ijoro ryo kuri uyu wa mbere, aho banegukanye iri siganwa
Mu isiganwa ryaberaga muri Cameroun, Umunyarwanda Bonaventure Uwizeyimana arisoje ari we uri ku mwanya wa mbere ku rutonde rusange
Umunyarwanda Bonaventure Uwizeyimana niwe ukomeje kuyobora isiganwa ribera muri Cameroun, aho ayoboye urutonde rusange kugeza ubu.
Uwizeyimana Bonaventure ukinira ikipe ya Benediction Club yegukanye isiganwa ry’amagare ryiswe ”Farmers Circuit.”
Umuryango w’Abanyarwanda batuye muri Senegal bakiriye ikipe y’igihugu y’umukino w’amagare bayishimira uko yitwaye muri Tour du Senegal
Djihad Bizimana wakiniraga ikipe ya APR Fc, yahawe amasezera y’ imyaka itatu mu Ikipe yo mu cyiciro cya mbere mu Bubiligi yitwa Waasland-Beveren, agurwa amafaranga ibihumbi 200 by’AmaEuro asaga miliyoni 209 z’Amanyarwanda
Mu gace ka gatanu ka Tour du Senegal, Bonaventure Uwizeyimana yegukanye wa kabiri, ahita anaza ku mwanya wa kabiri ku rutonde rusange
Mu gace ka kabiri ka Tour du Senegal, isiganwa rizenguruka Senegal, umunyarwanda Munyaneza Didier yegukanye umwanya wa kane akoresheje ibihe bingana n’iby’uwa mbere
Abakinnyi batandatu b’ikipe y’igihugu y’umukino w’amagare barerekeza mu irushanwa ryitwa Tour du Senegal rizatangira kuri iki Cyumweru
Munyaneza Didier ukinira ikipe ya Benediction Club y’i Rubavu, niwe wegukanye isiganwa ribimburira andi masiganwa ya Rwanda Cycling Cup 2018
Kuri uyu wa Gatandatu nibwo haza gutangira ku mugaragaro isiganwa rya Rwanda Cycling Cup rigera mu ntara zose z’u Rwanda
Abakinnyi b’ikipe y’igihugu y’Amagare igiye kugaruka mu Rwanda, nyuma yo kugera muri Cameroun bakakirizwa inkuru y’uko irushanwa rya Tour du Cameroun bari bitabiriye ritakibaye.
Valens Ndayisenga na Claude Uwizeye, abakinnyi babiri b’Abanyarwanda b’umukino w’amagare bamaze kubona ikipe mu Bufaransa.
Hadi Janver yagarutse mu ikipe y’igihugu y’umukino w’amagare nyuma y’igihe kinini atayikinamo aho ajyanye na bagenzi be gusiganwa mu irushanwa rizenguruka igihugu cya Cameroun rizwi nka Tour du Cameroun rizaba kuva tariki ya 10-18 Werurwe 2018.
Nyuma y’iminsi ine basabana n’abakiriya babo ndetse banareshya abandi basanzwe atari abakiriya babo, Cogebanque yatangaje ko n’umuntu udafite konti muri iyi banki yemerewe guhabwa ikariya ya Mastercard Prepaid.
Kuri uyu wa Gatandatu ni bwo hakinwaga icyiciro cy’abakiri bato mu bahungu n’abakobwa, aho Eritrea ari yo yaje kwiharira imidari, ndetse u Rwanda rwakiriye amarushanwa rukaba nta mudari rwegukanye uyu munsi.
Abakunzi b’umukino w’amagare baje kureba Shampiona y’Afurika yo gusiganwa ku magare bari gutaramirwa n’umuhanzi Kitoko, ariko bakahava bafunguje konti muri Cogebanque
Ku munsi wa kabiri wa Shampiona y’Afurika, Areruya Joseph yegukanye umudari wa Zahabu mu batarengeje imyaka 23, aba n’u wa gatatu mu bakuru. .
Muri Shampiona y’Afurika y’umukino w’amagare iri kubera mu Rwanda, Cogebanque umwe mu baterankunga b’iri rushanwa ikomeje gusabana n’abakunzi b’uyu mukino aho irushanwa riri kubera
Ku munsi wa mbere w’irushanwa Nyafurika ry’amagare riri kubera mu Rwanda, u Rwanda rwegukanye imidari ine uwa zahabu, iya Argent ibiri ndetse n’uwa Bronze ku byiciro byarushanyijwe uyu munsi.
Muri Kigali Exhibition Centre hatangijwe ku mugaragaro Shampiona y’Afurika y’amagare igiye kubera mu Rwanda kuva kuri uyu wa gatatu tariki 13 kugera 18/02/2018
Umutoza w’Ikipe y’igihugu y’amagare “Team Rwanda” yatangaje ikipe izitabira amarushanwa ya "African Continental Road Championships" azatangira tariki 13 kugeza 18 Gashyantare 2018.
Areruya Joseph yatangaje ko n’ubwo batarahabwa uduhimbazamusyi tw’amarushanwa atatu akomeye bamaze kwegukana nka Team Rwanda bidashobora kubaca intege, ariko hakwiye impinduka mu mitangire yatwo kugira ngo mu minsi iri imbere bitazatuma abakinnyi batakaza ishyaka mu marushanwa.
Ubwo bageraga ku kibuga cy’indege mpuzamahanga cya Kanombe mu ijoro ryo kuri uyu wa mbere, Areruya Joseph na Team Rwanda baherutse kwegukana Tour de l’Espoir, bakiranywe ubwuzu n’urugwiro n’abafana ndetse n’abayobozi muri Minisiteri ifite siporo mu nshingano.
Ikipe y’igihugu y’u Rwanda y’abatarengeje imyaka 23 itsindiye itike yo kuzakina Tour de France y’abatarengeje imyaka 23, nyuma yo kwegukana isiganwa ryaberaga muri Cameroun