Volley Ball: Nkurunziza Gustave yeguye atayoboye manda nshya yari aherutse gutorerwa

Nkurunziza Gustave wari watorewe kongera kuyobora ishyirahamwe ry’umukino w’intoki Volley Ball yamaze kwandika asezera ku mirimo ye.

Nkurunziza Gustave
Nkurunziza Gustave

Ibaruwa isezera yayanditse kuri uyu wa 20 Werurwe 2017 aho yatangaje ko yeguye ku mirimo yari yatorewe ku mpamvu ze bwite. Yari yatowe ku wa 4 Gashyantare 2017.

Asezeye mu gihe yari yafunzwe ku wa 18 Gashyantare 2017 nyuma y’Umunyamabanga Mukuru w’iri shyirahamwe Hatumimana Christian n’Umubitsi Uwera Jeanette, bari bafunzwe tariki ya 8 Gashyantare.

Bari bakurikiranyweho ibyaha byo kunyereza umutungo no gutanga ruswa mu matora y’iri shyirahamwe aheruka kuba ku ya 4 Gashyantare 2017.

Twifuje kumenya impamvu nyayo yateye ubwegure bw’uyu muyobozi wari umaze imyaka ine ayobora FRVB, ariko kuri telefoni ye igendanwa n’iy’umwungirije Kansiime Julius ntibazitaba.

Hari hashize iminsi mike umunyamabanga w’iri shyirahamwe nawe yeguye.

Ibaruwa isezera
Ibaruwa isezera

Inkuru irambuye turacyayibakurikiranira….

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 1 )

ibi biragira inkurikizi kuri Volleyball y’uRwanda tu.
ariko nari nabivuze ko amatora aheruka harimo akantu. kuko byagaragaraga ko habayemo maguyi ukuntu KAREKEZI yatsinzwe.

DIDI yanditse ku itariki ya: 20-03-2017  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka