U Rwanda rutsinze Uganda ruyobora itsinda rya mbere

Mu mukino usoza iy’amatsinda wabaye kuri uyu wa Gatanu, u Rwanda rutsinze Uganda amaseti atatu kuri abiri, rusoza ku mwanya wa mbere

Kuri uyu wa Gatanu muri Kigali Arena hasojwe imikino y’amatsinda, aho u Rwanda na Uganda zagombaga kwishakamo iyobora itsinda.

U Rwanda ni rwo rwatangiye rwitwara neza rutsinda iseti ya mbere ku manota 25-15, Uganda iza guhita itsinda andi maseti abiri yakurikiyeho (25-21 na 25-23).

U Rwanda rwaje kongera kuzamuka rutsinda iseti ya kane ku manota 25-11, haza kwiyambazwa iseti ya kamarampaka aho u Rwanda rwayitsinze ku manota 15-09.

Imikino yo mu itsinda irangiye u Rwanda ruri ku mwanya wa mbere, Uganda iya kabiri, u Burundi ku mwanya wa gatatu, naho Burkina Faso ku mwanya wa nyuma.

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo  

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka