#FRVBPlayoffs2024: Rwabuze gica amakipe yanze kurekura, igikombe ntikiratangwa

Nubwo hari hategerejwe ko kuwa Gatandatu aribwo igikombe gishobora kubona nyiracyo muri volleyball, haba mu bagore ndetse n’abagabo ntabwo ariko byagenze kuko amakipe yakomeje kwihagararaho bategereza umunsi wa nyuma.

Kepler na APR VC nabo byakomeje kugorana, igikombe ntikirabona nyiracyo
Kepler na APR VC nabo byakomeje kugorana, igikombe ntikirabona nyiracyo

Kuwa gatandatu taliki ya 26 Gicurasi nibwo hari hateganyijwe imikino y’umunsi wa kabiri wa kamarampaka aho byari byitezwe ko amakipe yitwaye neza ku munsi wa mbere wa kamarampaka ariyo aza kwegukana ibikombe, gusa si ko byagenze kuko bagombye gutegereza umukino wa gatatu.

Guhera ku mwanya wa gatatu usibye ikipe ya RRA yo yamaze kuwushimangira itsinze ikipe ya Ruhango imikino 2 yikurikiranya, nta yindi kipe iramenya aho ihagaze kujyeza no gutwara igikombe.

Police na APR VC zirongera kwisobanura
Police na APR VC zirongera kwisobanura

N’ubwo yasabwaga gutsinda umukino umwe igahita ishimangira umwanya wa gatatu unayihesha amahirwe yo kwitabira imikino nyafurica (CAVB Club Championship), ikipe ya REG VC yaje kwigaranzurwa na Police VC iyitsinda amaseti 3-2 byatumye bagomba gutegereza umukino wa nyuma wo kubakiranura.

Ku mukino wa nyuma w’abagore, byasabaga ikipe ya Police Women Volleyball Club gusa gutsinda APR WVC ubundi igahita yegukana igikombe dore ko yari yarayitsinze mu mukino ubanza, gusa ntibyaje kuyihira kuko APR VC y’umutoza Peter Kamasa yaje kwigaranzura Police VC maze iyitsinda amaseti 3-2.

Hagati ya APR na Police VC rwabuze gica
Hagati ya APR na Police VC rwabuze gica

Mu mukino w’ishiraniro wari utegerejwe na benshi, ikipe ya Kepler VC yananiwe kwegukana igikombe maze itsindwa na APR VC amaseti 3-2 byatumye bombi bagomba gutegereza umukino wa nyuma (Game 3) kugirango hamenyekane ugomba kwegukana igikombe.

Imikino ya nyuma n’umuhango wo guhemba biteganyijwe kuri iki cyumweru taliki ya 26 Gicurasi 2024.

Dore uko gahunda y’imikino ya nyuma iteye:

Umwanya wa gatatu abagabo

13h00: REG vs POLICE

Umukino wa nyuma (Abagabo n’abagore)

15h00: APR WVC vs POLICE WVC

17h00: KEPLER vs APR

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo  

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka