Abanyamerika ni bo bihariye imidali ya zahabu muri Beach Volley yaberaga i Rubavu (AMAFOTO)

Irushanwa mpuzamahanga rya Volleyball ikinirwa ku mucanga ryaberega i Rubavu, risojwe amakipe yo muri Amerika ari yo yegukanye imidali ya zahabu mu bagabo n’abagore.

Amakipe yo muri Amerika ni yo yegukanye imyanya ya mbere
Amakipe yo muri Amerika ni yo yegukanye imyanya ya mbere

Nyuma y’iminsi itanu mu karere ka Rubavu by’umwihariko ku kiyaga cya Kivu habera irushanwa rya Volleyball ikinirwa ku mucanga, irushanwa ryahuzaga amakipe 35 y’abagabo na 31 mu bagore, yaturukaga mu bihugu 39 byo hirya no hino ku isi.

Amakipe atatu ya mbere mu bagore yishimira imidali yegukanye
Amakipe atatu ya mbere mu bagore yishimira imidali yegukanye

Mu cyiciro cy’abagabo umwanya wa mbere ndetse n’umudali wa byatwawe n’Abanyamerika Chaim Schalk na Theodore Brunner, batsinze bagenzi babo Chase Budinger na Troy Field amaseti 2-0 (25-23, 21-15).

Mu cyiciro cy’abagore ku mwanya wa mbere haje Abanyamerikakazi Sara Hughes na Emily Day, nyuma yo gutsinda Abadagekazi Chantal Laboureur na Sarah Schulz amaseti 2-1 (19-21, 21-13, 16-14), nabo begukana umudali wa zahabu.

Muri buri cyiciro (abagabo n’abagore), ikipe ya mbere yahawe 4000$ (agera kuri miliyoni 4 Frw), aya kabiri ahabwa 3000$, aya gatatu yatwaye 2000$, aya kane 1400$, aya gatanu 1000$, aya gatandatu 800$, aya karindwi 600$ mu gihe aya munani yahembwe 500$.

Andi mafoto yaranze umuhango wo gutanga ibihembo

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo  

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka