Rtd Lt. Col Kayumba Lemuel mu bifuza kuyobora Federasiyo y’imikino ngororamubiri mu Rwanda

Mu Rwanda hateganyijwe amatora ya komite nyobozi nshya ya Federasiyo y’imikino ngororamubiri (RAF) ku wa Gatandatu tariki ya 22 Gashyantare 2022. Iyo komite igomba gusimbura icyuye igihe yari iyobowe na Mubiligi Fidele mu gihe cy’imyaka 4 ishize.

Shampiyona na yo irahita ikurikiraho
Shampiyona na yo irahita ikurikiraho

Komite icyuye igihe 2018 – 2022:

PEREDIZA: MUBILIGI FIDELE

Perezida wungirije: NDEJURU

Umunyamabanga : UMUTANGANA OLIVIER

Umubitsi : TABARUKA DIEUDONNE

Abajyanama : MUTUYEYEZU JEAN BOSCO na USENGA SANDRINE

Abagenzunzi : SAIDI na UWAMALIYA DELPHINE

Abari bagize akanama nkemurampaka:

MULINDWA ISLAM na KAYIRANGA JEAN BAPTISTE

Abakandida biyamamaje ku myanya y’ubuyobozi bushya mu Ishyirahamwe ry’Imikino Ngororamubiri mu Rwanda (RAF), kugeza kuri ubu kuri buri mwanya hariho umukandida umwe rukumbi, abakandida bakaba ari aba bakurikira:

Perezida: Rtd Lt. Col Kayumba Lemuel

Visi Perezida ushinzwe Ubutwererane na Porogaramu: Bigirimana Anastase

Umunyamabanga Mukuru: Niyintunze Jean Paul

Umubitsi: Tabaruka Dieudonné

Abajyanama:

Mutuyeyezu Jean Bosco

Irebero Ingabire Janvière

Urwego Rushinzwe Ubutegetsi n’Ubugenzuzi bw’Imari:

Tumurere Christian

Urwego Rushinzwe Gukemura Amakimbirane:

Bizimana Manasseh

Biteganyijwe ko kandi shampiyona yagombaga kuba tariki ya 19 Mutarama nyuma ikaza gusubikwa kubera icyorezo cya Covid-19, izahita isubukurwa nyuma y’ivugururwa no gukaza ingamba zo kwirinda Covid-19 muri iyi Federasiyo.

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo  

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka