U Buyapani bwashimiye FERWAKA kuba iteza imbere karate mu Rwanda

Igihugu cy’u Buyapani gifite umuco wo gushimira abagira uruhare rwo kwimakaza umuco w’u Buyapani mu bihugu by’amahanga.

Ambasaderi Takayuki Miyashita nyuma yo gushyikiriza igihembo FERWAKA
Ambasaderi Takayuki Miyashita nyuma yo gushyikiriza igihembo FERWAKA

Karate ni kimwe mu bigize umuco w’Abayapani, ukuba ari umukino umaze gutera imbere cyane mu Rwanda, aho igihugu cy’u Buyapani kibinyujije muri Ambasade yacyo mu Rwanda, kibigiramo uruhare rukomeye.

Ni muri urwo rwego Leta y’ u Buyapani ibinyujije muri Minisiteri yayo y’Ububanyi n’amahanga, yageneye ishimwe ishyirahamwe ry’umukino wa Karate mu Rwanda, FERWAKA, iyishimira uruhare rukomeye ishyira mu guteza imbere Karate nk’umuco w’Abayapani mu Rwanda.

Ambasaderi Takayuki Miyashita uhagarariye u Buyapani mu Rwanda, yashimiye FERWAKA, avuga ko guteza imbere Karate, ari uguteza imbere u Buyapani, kuko ari umuco wabwo uba utera imbere .

Ati” U Rwanda rubonye iki gihembo rugikwiye, kuko ni igihugu kimaze guteza imbere umukino wa karate ku buryo bushimishije. Urugero rufatika ni Shampiyona ya Afurika ya karate rwakiriye ikagenda neza ndetse rukegukanamo imidari igeze kuri itandatu.”

Ambasaderi Takayuki na Perezida wa FERWAKA Uwayo Theogene
Ambasaderi Takayuki na Perezida wa FERWAKA Uwayo Theogene

U Buyapani butera inkunga Karate y’u Rwanda bwoherea abatoza bafasha kuzamura urwego rwa Karate cyane cyane mu bana, ndetse bugatanga inkunga y’ibikoresho byifashishwa mu gukina mu buryo mpuzamahanga.

Uwayo Theogene uyobora FERWAKA, amaze kwakira icyo gihembo yashimiye Ambasaderi Takayuki, anamwizea ko batazatezuka ku gukomeza guteza imbere Karate.

Ati” Umuco w’Abayapani ufitanye isano n’umuco wacu, ni yo mpamvu natwe duterwa ishema no kwimakaza Karate cyane cyane mu bato. Iki gihembo kiradushimishije kandi kiduteye imbaraga zo kurushaho gukora cyane tuzamura urwego rwa karate mu Banyarwanda.”

Bamasangiye ikirahure bishimira imikoranire myiza
Bamasangiye ikirahure bishimira imikoranire myiza

Uwo muhango wari witabiriwe na Rurangayire Guy ukuriye Siporo muri Minisiteri y’umuco na Siporo.

Nawe yashimiye u Buyapani ku nkunga badahwema gutera FERWAKA, ndetse n’uruhare budahwema kugira mu iterambere ry’u Rwanda.

Yanabijeje ubufatanye mu gukomeza guharanira iterambere ry’imikino mu Rwanda.

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo  

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka