Karate: Ku bufatanye n’umufaransa Dupeux hateguwe amahugurwa y’abakinnyi ba Karate mu Rwanda.

Ku bufatanye na Federasiyo y’umukino wa karate mu Rwanda (FERWAKA) na Rwanda Shoseikan, kuri uyu kane tariki ya 20 Ukwakira i Kigali hatangiye amahugurwa y’iminsi ine agenewe abakinnyi n’abatoza b’umukino wa karate mu Rwanda.

Ni amahugurwa yatangiye ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Gatanu yitabirwa n’umubare munini w’abakinnyi basanzwe bakina Uyu mukino wa karate, abarimu ndetse n’abandi basanzwe bakina Uyu mukino ukinwa n’abatari bake mu Rwanda.

Ni amahugurwa yayobowe n’uwahoze ari umukinnyi, umwarimu ndetse unakuriye abasifuzi mu gihugu cy’u Bufaransa Sensei Patrick Dupeux ufite umukandara w’umukara na Dane zirindwi (7e Dan) ndetse n’ibindi bihangange mu mukino wa karate mu Rwanda barimo Sensei Sinzi Tharcisse ufite umukandara w’umukara na Dane indwi (7e Dan) ndetse na Sensei Karamaga Barnabe we ufite Umukandara w’umukara na Dane eshanu (5° DAN)

Aya mahugurwa yiganjemo abakinnyi ba Karate bafite imikandara y'umukara.
Aya mahugurwa yiganjemo abakinnyi ba Karate bafite imikandara y’umukara.
Sensei Karamaga Barnabe nawe yari ahari
Sensei Karamaga Barnabe nawe yari ahari

Mu bitabiriye aya mahugurwa nkuko twabigarutseho hejuru harimo abakinnyi basanzwe bakina karate harimo abavuye mu ikipe ya APR, Police y’igihugu, abatoza ku rwego ry’igihugu, abatoza b’amashuri yigisha karate ndetse n’abantu basanzwe bakina umukino wa karate.

Aya mahugurwa arimo kuyoborwa n'igihangange mu mukino wa Karate umufaransa Sensei Patrick Dupeux.
Aya mahugurwa arimo kuyoborwa n’igihangange mu mukino wa Karate umufaransa Sensei Patrick Dupeux.

Nk’uko kandi Sensei Sinzi Tharcisse yabitangarije Kigali Today, aya mahugurwa yitabiriwe n’abakinnyi bari mu byiciro 3 ari byo Shotokan, Shitō-ryū ndetse na Wadō-ryū.

Sensei Patrick Dupeux na Sensei Sinzi Tharcisse bombi bafite Dane ya karindwi (7e Dan)
Sensei Patrick Dupeux na Sensei Sinzi Tharcisse bombi bafite Dane ya karindwi (7e Dan)
Rurangayire Guy wahoze ashinzwe Siporo muri Minisiteri ya Siporo Ubu akaba ari umuyobozi wa SGI Academy nawe yitabiriye aya mahugurwa.
Rurangayire Guy wahoze ashinzwe Siporo muri Minisiteri ya Siporo Ubu akaba ari umuyobozi wa SGI Academy nawe yitabiriye aya mahugurwa.

Aya mahugurwa arakomeza kuri uyu wa Gatanu no ku gatandatu ndetse no ku cyumweru mbere ya saa sita naho nyuma yaho hakaba hateganyijwe ibizamini kubakaratika bazaba bifuza kuzamurwa mu ntera.

Abazakora ibizamini byo kuzamurwa mu ntera ni uguhera kubafite umukandara w’ikigina (ceinture marron) Kugeza kuri Dane 5.

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo  

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka