Karate: Abana 44 bo muri RCCS Champions Academy bazamuwe mu ntera

Abana 44 bakina umukino wa Karate babarizwa muri ‘The Champions Sports Academy’, ishami riri i Ntarama mu ishuri rya Rwanda Christian Children School, bazamuwe mu ntera.

Abana 44 nibo bazamuwe mu ntera
Abana 44 nibo bazamuwe mu ntera

Ni igikorwa cyabaye ku wa Gatanu tariki 27 Gicurasi 2022, kiyobowe n’umutoza mukuru w’ikipe y’Igihugu akaba n’umuyobozi wa “The Champions Sports Academy” ari na we wayishinze, Nkuranyabahizi Noel.

Iryo shuri ribarizwa muri ‘Gasore Serge Foundation’, muri iki gikorwa cyo kuzamura abana mu ntera hari abayobozi batandukanye baryo shuri, abarimu ndetse n’abanyeshuri.

Umutoza Nkuranyabahizi agaragaza ko iryo shami rya RCCS Champions Academy riri mu mashami ya The Champions Sports Academy, akora cyane babifashijwemo n’ubuyobozi bw’icyo kigo .

Abana berekana ibyo bize bashakisha kuzamurwa mu ntera
Abana berekana ibyo bize bashakisha kuzamurwa mu ntera

Akomeza avuga ko ari ahantu heza ho gukorera siporo kandi hakaba hari impano nyinshi, ku buryo bizeye ko mu bihe biri imbere hazaba hari abakinnyi ba Karate bakomeye, ku buryo banavamo abaserukira igihugu mu byiciro bitandukanye.

Umuyobozi w’iryo shuri yashimiye The Champions Sports Academy, kuba irimo gufasha icyo kigo kuzamura impano ndetse no gutoza abana indangagaciro zirimo, imyitwarire myiza, ubucuti, gukorera hamwe no kuba indashyikirwa binyuze muri Karate, kandi abizeza inkunga yose bazakenera kugira ngo iri shami rirusheho kuzamuka.

Abana bazamuwe mu ntera mu mikandara y’umuhondo na Oranje, bishimiye icyo gikorwa n’intera bagezeho.

Nta kujenjeka kuba guhari iyo bashaka kuzamuka mu ntera
Nta kujenjeka kuba guhari iyo bashaka kuzamuka mu ntera

Kuva muri 2017, Nkuranyabahizi usanzwe ari umutoza mukuru w’ikipe y’Igihugu ya Karate, ni bwo yatangije ishuri ryigisha uwo mukino, The Champions Karate Academy, aho mu biruhuko bahurizaga hamwe abana bafite hagati y’imyaka 4 na 17 bakigishwa Karate. Iri shuri ryatangiriye ahahoze ari Sports View Hotel i Remera.

Abana bishimiye iki gikorwa n'intera bagezeho
Abana bishimiye iki gikorwa n’intera bagezeho
Nkuranyabahizi Noel, umutoza w'ikipe y'igihugu akaba ari nawe washinze The Champions Academy
Nkuranyabahizi Noel, umutoza w’ikipe y’igihugu akaba ari nawe washinze The Champions Academy
kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 2 )

Ko nanjye nifuza kubiyungaho nabasangahe cg telephone y

Cyusa Frank yanditse ku itariki ya: 25-12-2022  →  Musubize

NI byiza rwose mukomerezaho

Hodal yanditse ku itariki ya: 29-06-2022  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka