Umunyazambiya Yegukanye igice cya mbere cya Mountain Gorilla Rally

Muna Singth Ukomoka muri Zambiya yegukanye igice cya mbere cya Montain Gorilla Rally iri kubera mu Rwanda ku nshuro ya gatanu.

Imodoka z'irushanwa zari zabukereye.
Imodoka z’irushanwa zari zabukereye.

kuri uyu wa Gatanu tariki 12 Kanama 2016, niho iri rushanwa mpuzamahanga ry’isiganwa ry’amamodoka, igice cyaryo cya mbere cyatangiriye kuri Stade Amahoro i Remera, rikora ibirometero bine n’igice mu mihanda ya Kaburimbo n’iy’igitaka iherereye mu Murenge wa Remera.

Bakataga imodoka ivumbi rigatumuka
Bakataga imodoka ivumbi rigatumuka
Muna Singh na Mugennzi we bahagarariye Zambia nibo begukanye igice cya mbere cya Rwanda Mountain Gorilla Rally
Muna Singh na Mugennzi we bahagarariye Zambia nibo begukanye igice cya mbere cya Rwanda Mountain Gorilla Rally
Iri siganwa ryatangirijwe kuri Stade Amahoro, aho abafana bari benshi cyane
Iri siganwa ryatangirijwe kuri Stade Amahoro, aho abafana bari benshi cyane

Muna Singth wahize abandi, mu birometero bine n’igice basiganwaga, yakoresheje igihe kingana na 2min 48 secs, uwamukurikiye yabaye Umugande witwa Hassan Alwi wakoresheje 2min 54 secs, uwa gatatu aba umurundi ukoresheje 3min 2 secs.

Abafana b'isiganwa ry'amamodoka nabo ntibatanzwe.
Abafana b’isiganwa ry’amamodoka nabo ntibatanzwe.
Abafana bari benshi cyane birebera uko amamodoka asiganwa
Abafana bari benshi cyane birebera uko amamodoka asiganwa
Ni gutya byari byifashe ...
Ni gutya byari byifashe ...

Iri rushanwa ryatangijwe n’Umunyamabanga uhoraho muri Minisiteri ya Siporo n’umuco Col Rugambwa Patrice, yavuze ko rikomeza kugaragaza ko u Rwanda ari igihugu cyiza kirimo amahoro n’umutekano, gikwiye kuganwa no gukorerwamo byinshi.

Itorero Indangamirwa zasusurukije abitabiriye iri siganwa
Itorero Indangamirwa zasusurukije abitabiriye iri siganwa

Yagize ati “Aya marushanwa aragaragariza abayitabiriye ko u Rwanda ari igihugu cyiza cyuzuye amahoro n’umutekano, igihugu abantu bakwiye kugana ari benshi bagakoreramo byinshi birimo n’imikino, niyo mpamvu abariteguye bakwiye gushimirwa.”

Col Rugambwa Patrice atangiza iri siganwa.
Col Rugambwa Patrice atangiza iri siganwa.

Col Rugambwa yanaboneyeho kwifuriza Abanyarwanda kuryoherwa n’iri siganwa, anifuriza amahirwe abaryitabiriye kugira ngo bazarisoze neza.
Gakwaya Christian ukuriye ishyirahamwe ry’ isiganwa ry’amamodoka mu Rwanda, yatangaje ko kugeza ubu Mountain Gorilla Rally, ari isiganwa ribarwa ku rwego rwa shampiyona y’u Rwanda.

Yavuze ko rinabarwa ku rwego rwa Afurika aho uwaritsinze agenda ahabwa amanota amuzamura mu yindi ntera, akava mu rwego rw’akarere akamugeza ku rwego rwa Afurika.

Iri siganwa ryitabiriwe n’abakinnyi 25 kugeza ubu, barimo batandatu bahagarariye u Rwanda, abaturutse Uganda, Zambiya, Burundi na Kenya. Rizakomereza kuri uyu wa gatandatu mu Karere ka Bugesera, ani naho rizasorezwa ku cyumweru tariki 14 Kanama 2016.

Amafoto y’uko byari byifashe

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo  

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka