Inkoni y’umwamikazi w’Ubwongereza yageze mu Rwanda mu rwego rwo kwamamaza imikino ya Commonwealth

Inkoni y’umwamikazi w’Ubwongereza Elisabeth II yageze mu Rwanda ivuye muri Uganda, ikaba irimo kuzenguruka ibihugu biri mu muryango w’ibihugu bikoresha ururimi rw’Icyongereza “Commonwealth’ mu rwego rwo kwamamaza imikino izahuza ibyo bihugu izaba muri Nyakanga uyu mwaka i Glasgow muri Ecosse.

Kipchege Keino ukomoka muri Kenya waje uyoboye abantu bazanye iyo nkoni yageze ku kibuga cy’indege cya Kigali ku mugoroba wa tariki 15/01/2014 yavuze ko urwo rugendo ikora rwo kuzenguruka ibihugu 70 ku isi bikoresha Icyongereza, ari ikimenyetso cy’ubumwe n’urukundo biranga ibyo bihugu, bigahuzwa kurushaho n’imikino ya Commonwealth iba buri mwaka.

Kipchoge Keino wayoboye abazanye iyo nkoni ari kumwe na Robet Bayigamba uyobora Komiye y'imikino Olympique mu Rwanda.
Kipchoge Keino wayoboye abazanye iyo nkoni ari kumwe na Robet Bayigamba uyobora Komiye y’imikino Olympique mu Rwanda.

“Kuba iyi nkoni izenguruka ibihugu byose bikoresha icyongereza buri mwaka, bituma ibihugu byose byumva ko bishyize hamwe, kandi uretse kuzegurutsa iyo nkoni, habaho n’ibiganiro bitandukanye aho inyura hose, byose bigashimangira ubumwe ndetse n’ubufatanye by’ibyo bihugu”; Kipchege Keino.

Bayigamba Robert, umuyobozi wa Komite y’u Rwanda mu mikino Olympique wakiriye iyo nkoni yari igeze mu Rwanda ku nshuro ya mbere, yavuze ko ari ikimenyetso cy’agaciro umuryango wa Commonwealth uha u Rwanda nk’igihugu kimaze igihe gitoya muri uwo muryango.

Abayobizi batandukanye barimo Bugingo Emmanuel, ushinzwe imikino muri MINISPOC bari baje kwakira iyo nkoni.
Abayobizi batandukanye barimo Bugingo Emmanuel, ushinzwe imikino muri MINISPOC bari baje kwakira iyo nkoni.

Yagize ati “Turabyishimiye cyane kuko ni ubwa mbere twakira iyi nkoni, kuko ubushize haba imikino ya Commonwealth yabereye mu Buhinde ntabwo iyi nkoni yageze inaha kuko twari tukiri mu byo kwemerwa neza muri uwo muryango binyuze mu mategeko, ariko ubu kuba iyi nkoni yazanywe mu Rwanda biratugaragariza agaciro umuryango wa Commonwealth uha igihuhu cyacu”.

Bayigamba avuga ko kuva u Rwanda rugiye kongera kwitabira imikino ya Commonwealth ku nshuro ya kabiri, bigomba gutuma u Rwanda ruzamuka kurushaho mu mikino ndetse rukazazana imidari myinshi.

Ni muri urwo rwego avuga ko ubu u Rwanda rwatangiye gutegura amakipe ndetse n’abakinnyi ku giti cyabo bazitabira iyo mikino, bakazaturuka mu mashyirahamwe y’imikino atandatu harimo Amagare, Judo, Koga, Karate, Gusiganwa ku maguru ndetse n’imikino y’abafite ubumuga.

Inkoni y'umwamikazi Elisabeth II izamara iminsi itatu mu Rwanda.
Inkoni y’umwamikazi Elisabeth II izamara iminsi itatu mu Rwanda.

Inkoni y’umwamikazi w’Ubwongereza yaraye i Kigali, kuri uyu wa kane ikaba yajyanywe mu karere ka Musanze, ikaza kuhava ijyanwa mu karere ka Nyanza, aho hose hakaba haratoranyijwe nka hamwe mu hantu nyaburanga, hatuma abantu batandukanye cyane cyane abaherekeje iyo nkoni n’abaje kuyireba bamurikirwa ibyiza bitatse u Rwanda.

Iyo nkoni izagaruka mu mugi wa Kigali ku wa gatanu tariki ya 17/1/2014, ikazajyanwa Kimisagara, ahazabera imikino itandukanye yo kuyakira ariko kandi banasezera ku bayizanye kuko bucyeye bwaho ku wa gatandatu mu gitondo izahita ikomereza muri Tanzania.

Umwamikazi Elisabeth II atangiza ku mugaragaro umuhango wo kuzengurutsa inkoni ye mu biguhu bigize umuryango wa Commonwealth.
Umwamikazi Elisabeth II atangiza ku mugaragaro umuhango wo kuzengurutsa inkoni ye mu biguhu bigize umuryango wa Commonwealth.

Iyo nkoni yatangiye kuzenguruka ibihugu bikoresha icyongereza mu Ukwakira 2013, ikazarangiza ibihugu 70 mu minsi 288, ikazaba ikoze urugendo rwa kilometero 190.000.

Imikino ya Commonwealth izatangira tariki ya 23/7/2014, ikazakosozwa tariki ya 3/8/2014.

Theoneste Nisingizwe

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 8 )

ibi byerekana ko u Rwanda narwo ruteye imbere kandi ibi biragara ko amahanga atuzirikana, komeza imihigo rwanda yacu

dereyo yanditse ku itariki ya: 17-01-2014  →  Musubize

Twishimiye itambagizwa ry’iyo nkoni y’umwamikazi w’ubwongereza!!natwe duharanire kuzitwara neza muri iyo mikino nk’abavuga icyongereza kandi mpamya ko ari iby’igiciro tuzanahigira byionshi , tukanamenyekanisha igihugu cyacu kurushaho!!

umurungi yanditse ku itariki ya: 16-01-2014  →  Musubize

Nyuma yo kugezwaho iyo nkoni y’agaciro, tuzagerageze tunitware neza muri ayo maruishanwa!! nicyo dusabwa!!

umubyeyi yanditse ku itariki ya: 16-01-2014  →  Musubize

Iyi nkoni si iyo kwamamaza gusa ahubwo inagaragaza umubano dufgitanye n’ibihugu bivuga icyongereza sinkeka ko aho bavuga icyongereza hose cga bari muri commonwealth bazayigezayo..bibaye byaba ari byiza ariko twishimire ko yageze mu gihugu cyacu ni icyubahiro no kwibukwa!!

cyogere yanditse ku itariki ya: 16-01-2014  →  Musubize

Yungura iki?

Kaza yanditse ku itariki ya: 16-01-2014  →  Musubize

iyi nkoni ni ubucakara, ubuse igishya ni iki, tuzi guta igihe

alias yanditse ku itariki ya: 16-01-2014  →  Musubize

Aha bakunda gutegeka Africa ariko kugira rango bayifashe
gutera imbere igere kuntera ibihugu byabobiriho ntiba
bishaka.

Emmanuel yanditse ku itariki ya: 16-01-2014  →  Musubize

ndeba iby;iyi nkoni gusa kubera ko atari twe twenyine tuyifashe wabona ari amahoro kandi iyi mikino izatume twigaragaza mu rughando rw’amahanga

yvette yanditse ku itariki ya: 16-01-2014  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka