Handball: U Rwanda mu itsinda rimwe na Angola mu gikombe cya Afurika cy’abangavu.

Ikipe y’u Rwanda ya Handball mu bakobwa b’abangavu (Junior), izaba iri mu itsinda rya mbere (Poule A) ririmo igihanganye Angola, mu gikombe cya Afurika cy’abakiri bato (Junior) kizabera muri Congo Brazzaville kuva tariki 20/08/2013.

Ibyo byamenyekanye nyuma ya tombola y’uko amakipe ashyirwa mu matsinda, yabereye i Oyo muri Congo Brazzaville mu mpera z’icyumweru gishize.

Uretse Angola, muri iryo rushanwa rizaba rikinwa ku nshuro yaryo ya munani, u Rwanda ruzaba kandi ruri kumwe na Repubulika iharanira Demukarasi ya Congo, ndetse na Algeria.

Ikipe y'u Rwanda ya Handball mu bagore.
Ikipe y’u Rwanda ya Handball mu bagore.

Itsinda rya kabiri rizaba rigizwe na Congo Brazzaville izakira iyo mikino, Tunisia, Guinea ndetse na Mali.

Itsinda rya mbere rizaba riherereyemo u Rwanda ni itsinda rikomeye kuko ririmo Algeria ndetse na Angola ihora utwara ibikombe muri Handball y’abagore, ndetse ikaba imaze kumenyera kwitabira amarushanwa yo ku rwego rw’isi.

Umuyobozi w’Ishyirahamwe ry’umukino wa Handball mu Rwanda (FERWAHAND), Theogene Utabarutse, avuga ko iryo tsinda u Rwanda ruhereremo risaba imyiteguro myiza kugirango abakobwa b’u Rwanda bazabashe guhangana n’amakipe arigize.

Ikipe y'igihugu ya Angola yitabira amarushanwa menshi yo ku rwego rw'isi.
Ikipe y’igihugu ya Angola yitabira amarushanwa menshi yo ku rwego rw’isi.

Utabarutse avuga ko kugeza ubu ikipe y’u Rwanda y’abangavu itaratangira imyitozo kuko batarabona ubushobozi, gusa ngo FERWAHAND iri mu biganiro na Ministeri ya Siporo n’umuco kugirango bafashwe kwitegura neza, kandi ngo ibiganiro biragenda neza.

Kugeza ubu ntabwo FERWAHAND iramenya igihe nyacyo iyo kipe izatangirira imyitozo, ndetse n’umutoza ntarahamagara abakinnyi bagomba gutangira kwitegura iyo mikino.

Theoneste Nisingizwe

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo  

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka