Goalball: Ikipe y’u Rwanda yageze muri ½ mu gikombe cya Afurika

Ikipe y’u Rwanda y’umukino wa Goalball yegeze muri ½ cy’irangiza mu mikino y’igikombe cya Afurika irimo kubera i Kasarani muri Kenya, nyuma yo gutsinda Maroc amanota 15-14.

Ikipe y’u Rwanda yagiye muri Kenya abakinnyi bayo bavuga ko batiteguye neza kubera ubushobozi budahagije, bitwaye neza ku makipe bahuye nayo.

Mu mukino wa mbere u Rwanda rwatsinze Kenya amanota 14-4, gusa rutsindwa na Misiri ibarusha cyane mu mukino wa kabiri batsinzwe amanota 10-0.

Kuri uyu wa gatatu tariki ya 4/12/2013 nibwo ikipe y’u Rwanda yabonye bidasubirwaho itike yo kuzakina ½ cy’irangiza nyuma ruza gutsinda Maroc bigoranye ku manota 15-14, ikanatsinda Ghana ku manota14-4.

U Rwanda rusigaje gukina umukino wa nyuma mu isinda na Algeria kuri uyu wa kane tariki ya 5/12/2013, nyuma hakaza kumenyekana amakipe ane ya mbere azakina ½ cy’irangiza.

U Rwanda rurasabwa gutsinda uwo mukino kugirango rubone umwanya wa mbere cyangwa se uwa kabiri, bityo muri ½ ruzakine n’ikipe yoroshye.

Muri iri rushanwa ryitabiriwe n’amakipe atandatu Kenya, u Rrwanda, Ghana, Maroc, Algerie, Maroc na Misiri, amakipe yose agomba gukina hagati yayo yose, maze ane yitwaye neza kurusha ayandi agakina ½ cy’irangiza.

Mu mikino ya ½ cy’irangiza izakinwa ku wa gatanu tariki ya 6/12/2013, ikipe ya mbere izakina n’iya kane, naho iya kabiri ikine n’iya gatatu.

Theoneste Nisingizwe

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo  

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka