Abanyamakuru b’imikino bongerewe ubumenyi ku mukino w’amagare

Kuva kuri uyu wa kane tariki 8/1/2015 kugeza kuwa gatanu tariki 9/1/2015 abanyamakuru b’imikino mu Rwanda barimo bahabwaga amahugurwa abongerera ubumenyi ku mukino w’amagare.

Ni igikorwa cyateguwe n’ishyirahamwe ry’umukino w’amagare mu Rwanda ferwacy rifatanyije na Team Rwanda kikaba cyaberaga kuri Africa Rising Cycling Centre iri Musanze ahasanzwe hanabarizwa amakipe y’u Rwanda y’uyu mukino.

Kimberly Coats yakiriye abanyamakuru abanza kubereka bimwe mu bigize Africa Rising Cycling Centre
Kimberly Coats yakiriye abanyamakuru abanza kubereka bimwe mu bigize Africa Rising Cycling Centre
Winston Pope yafashije byinshi mu myitozo yo kuw gatanu
Winston Pope yafashije byinshi mu myitozo yo kuw gatanu

Ku munsi wa mbere w’aya mahugurwa, abanyamakuru 10 bakurikirana umukino w’amagare kurusha abandi babwiwe ku bijyanye n’amateka ya Team Rwanda n’uburyo igitekerezo cyo kuyishyiraho cyaje ahanini bigizwemo uruhare na Jonathan Boyer, umunya America utoza ikipe y’igihugu.

Aba kandi banabwiwe ku bijyanye na tekinike zo mu magare, imikoreshereze y’ibihe, uburyo umuyaga ufite agaciro muri uyu mukino ndetse n’uburyo abakinnyi bakinira hamwe nk’ikipe ndetse n’ibindi bitandukanye.

Abanyamakuru hamwe n'abakinnyi mu kigo cy'imyitozo cya Musanze
Abanyamakuru hamwe n’abakinnyi mu kigo cy’imyitozo cya Musanze
Jean Luc Imfurayacu wa TV 10 ni umwe mu bitabiriye amahugurwa
Jean Luc Imfurayacu wa TV 10 ni umwe mu bitabiriye amahugurwa
Jonathan umwana wa Rafiki wahoze ari umukinnyi wa Team Rwanda, ku myaka itandatu gusa agaragaza ko azavamo umukinnyi ukomeye w'igare
Jonathan umwana wa Rafiki wahoze ari umukinnyi wa Team Rwanda, ku myaka itandatu gusa agaragaza ko azavamo umukinnyi ukomeye w’igare

Mu masaha y’umugoroba wo kuri uyu wa kane, abanyamakuru b’imikino bakaba baranabonanye n’abakinnyi bagize Team Rwanda aho impande zombi zaboneyeho umwanya wo kuganira ku bibazo bagenda bibazanyaho.

Kuri uyu wa gatanu ho, iri tsinda ry’abanyamakuru ryajyanye n’abakinnyi mu myitozo ya mugitondo aho iyari igezweho yari iya “Moto Chase”, ahanini mu gufasha abakinnyi bagiye kwerekeza mu Misiri mu isiganwa rizenguruka igihugu cya Misiri riteganyijwe tariki ya 14 Mutarama rigasozwa tariki ya 18 Mutarama 2015.

Abanymakuru bari mu mahugurwa babonye umwanya wo gukurikirana imyitozo yo kuri uyu wa gatanu
Abanymakuru bari mu mahugurwa babonye umwanya wo gukurikirana imyitozo yo kuri uyu wa gatanu
Abakinnyi babiri baturutse muri Congo Brazzaville baje gushaka kungukira ubumenyi kuri Team Rwanda na bo bari i Musanze ubu
Abakinnyi babiri baturutse muri Congo Brazzaville baje gushaka kungukira ubumenyi kuri Team Rwanda na bo bari i Musanze ubu
Hadi Janvier ni umwe mu basore bakunzwe cyane muri Team Rwanda
Hadi Janvier ni umwe mu basore bakunzwe cyane muri Team Rwanda

Nkuko bamwe muri aba banyamakuru babitangaje ubwo aya mahugurwa yasozwaga, ngo ubumenyi bakuye i Musanze bagiye kubwifashisha mu gukurikirana neza uyu mukino dore ko hari na byinshi babwiriweyo batari bazi.

Abanyamakuru bitabiriye aya mahugurwa harimo Augustin Bigirimana w’Isango Star, Kayishema Tity Thierry w’Igihe.com, JJ Muhinde wa Rwanda Focus, Usher Komugisha wa Super Sport, Furaha Jacques wa KT Radio, Jean Luc Imfurayacu wa Radio 10, Bugingo Fidele w’Imvaho nshya, Munyandinda Jean Claude wa Voice Of America na Theoneste Nisingizwe wa RBA.

Jah d’eau DUKUZE

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo  

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka