Umwana w’imyaka 17 yegukanye Rubavu Triathlon challenge 2018

Niyitanga Kevin na Hanani Uwineza nibo begukanye umunsi wa shampiyona mu irushanwa rya Triathlon.

Niyitanga aratanga ikizere cy'ejo hazaza h'uyu mukino
Niyitanga aratanga ikizere cy’ejo hazaza h’uyu mukino

Kuri uyu wa Gatandatu tariki 3 Werurwe 2018, Shampiyona y’umukino na wa Triathlon wakomereje mu Karere ka Rubavu.

Mu bagabo habayeho gutungurana aho Niyitanga Kevin w’imyaka 17 ari we waryegukanye, haba mu ngimbi no mu bagabo.

Rukundinka yabaye uwa kabiri
Rukundinka yabaye uwa kabiri

Uwahabwaga amahirwe ni Hategekimana Timamu, ariko yaje gutungurwa nyuma yuko habayeho kumva nabi inzira yagombaga gukoreshwa arayoba.

Niyitanga wari wanabaye uwa mbere mu ngimbi ni nawe waje no kuba uwa mbere mu bakuru.

Niyitanga watangiye gukina uyu mukino mu 2015, Yavuze ko bigiye kumutera akanyabugabo akarushaho gukora cyane.

Yagize ati “Ntabwo nateganyaga kwegukana iri rushanwa ariko maze kubona ko Timamu yayobye agakora inshuro nyinshi natangiye kubona ko byose

Muri iri rushanwa hakinirwagamo imikino itatu ikomatanije: koga, gusiganwa ku maguru no gutwara igare.

Mu bagore Uwineza Hanani yongeye mwegukana iri rushanwa.

Hanani aherutse no kwegukana umudali wa mbere mu mikino nyafurika yabereye muri Zimbabwe mu kwezi gushize. Icyo gihe yasiganwaga mu kiciro cy’abatarengeje imyaka 23.

Uwineza yongeye kubura umuhiga
Uwineza yongeye kubura umuhiga

Uko bakurikiranye muri Rubavu Triathlon Challenge 2018 ukomatanije imikino yose itatu:

Abagabo

1.Niyitanga Kevin 1h 2’ 9’’

2.Rukundinka Stiven 1h 2’ 12"

3. Maniraguha Eloi 1h 4’ 9"

Abagore

1.Uwineza Hanani 1h 17’ 32".

2 .Tuyishime Alice 1h 32’ 24"

3.Dukuzimana Samillah 1h 35’ 32"

*Ikiciro cy’ingimbi.

1.Nitanga Kevin 1h2’9"

2.Rukundinka Stiven 1h 2’ 12"

3.Mwami Samuel 1h6’35".

Aba mbere mbere bahembwe ibihumbi 50Frw ,aba kabiri bahembwa 30Frw naho abaje ku myanya ya gatatu mu byiciro byose bahembwa ibihumbi 20Frw.

Iri rushanwa ryitabiriwe n’Abanyarwanda n’abandi baturutse muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.

Abakinnyi basiganwaga ku mikino 3 ikomatanije aho basiganwaga ku ntera yo koga metero 750 mu kivu, gusiganwa ku maguru ibirometero 5 n’igice no gusiganwa ku igare ibirometero 20.

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo  

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka