Perezida Kagame yakoreye siporo rusange mu gace ka Biryogo

Perezida Paul Kagame, mu gitondo cyo kuri iki Cyumweru tariki 1 Gicurasi 2022, yitabiriye siporo rusange izwi nka Car Free Day, aho yagaragaye mu gace ka Biryogo.

Perezida Kagame yanyuze mu gace ka Biryogo
Perezida Kagame yanyuze mu gace ka Biryogo

Amafoto n’amashusho yashyizwe ku rubuga rw’ibiro by’umukuru w’igihugu, Perezida Kagame yitabiriye iyo siporo ari kumwe na Minisitiri wa Siporo Aurore Munyangaju Mimosa na Meya w’Umujyi wa Kigali, Pudence Rubingisa, bagenda n’amaguru aho banyuze mu bice bitandukanye by’Umujyi wa Kigali birimo na Biryogo iherutse kurimbishwa.

Perezida Kagame, aho yanyuze hose yakirwaga n’abaturage benshi bamwerekaga ko bamwishimiye. Iyi siporo rusange kandi yitabiriwe na Madamu Jeannette Kagame.

Car Free Day ni siporo rusange yatangijwe muri Gicurasi 2016, igamije gushishikariza abatuye Umujyi wa Kigali gukunda gukora siporo hagamijwe gushishikariza abaturage kwirinda indwara zitandukanye, aho bahabwa inama bakanapimwa ku buntu.

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo  

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka