Muhitira Felicien yegukanye umwanya wa kabiri mu isiganwa 20Km de Paris
Umunyarwanda Muhitira Felicien w’imyaka 23 yegukanye umwanya wa kabiri mw’isiganwa rikomeye ryo mu Bufaransa rizwi nka “20km de Paris”.
Iri rushanwa ryabereye mu mujyi wa Paris kuri iki Cyumweru tariki 14 Ukwakira 2018.
Iri siganwa ryatangiye mu 1979 ritangijwe na Michel Jazy ku bufatanye n’Umujyi wa Paris, rihuza abakinnyi bakomeye ku isi mu mukino wo kwiruka ku maguru.
Uyu mwaka wari umwihariko kuko ryari ryujuje imyaka 40 rishinzwe, aho Felicien yitwaye neza imbere y’abakinnyi bakomeye.
Abarenga ibihumbi 30 nibo bari biyandikishije kwitabira iryo siganwa.
Mu mwaka ushize ryegukanywe na Collins Chebii ukomoka muri Kenya, wakoresheje iminota 58 n’amasegonda 28.
Ibitekerezo ( 1 )
Ohereza igitekerezo
|
umunyarwanda oyeeee.nakomerezaho ,ubutaha turashako azaba uwa1