Umutaliyani ukinira ku byangombwa by’u Rwanda Davite Giancarlo, niwe wagukanye umwanya wa mbere mu isiganwa mpuzamahanga ry’amamodoka ‘Rwanda Mountain Gorilla Rally’ ryasojwe ku cyumweru tariki 22/9/2013.
Claudette Mukasakindi, uhagarariye u Rwanda mu mukino wo gisiganwa ku maguru mu mikino ihuza ibihugu bikoresha Igifaransa (Francophonie), kuri uyu wa gatanu tariki ya 13/09/2913, yegukanye umudari wa ‘Bronze’ mu gusiganwa meteri 10.000.
Abahanzi n’abanyabugeni b’u Rwanda bitabiriye imikino ihuza ibihugu bikoresha ururimi rw’Igifaransa Jeux de la Francophonie2013 baratangaza ko bizeye kuzavana imidari yo kwitwara neza muri ayo marushanwa arimo kubera i Nice mu Bufaransa.
Nyuma y’aho ikipe ya Congo Brazzaville y’umupira w’amaguru yari mu itsinda rimwe n’u Rwanda itaziye mu marushanwa, u Rwanda rwayiteye mpaga, rukaba ruzakina na Canada n’Ubufaransa gusa, mu mikino y’amatsinda y’irushanwa rihuza ibihugu bikoresha ururimi rw’Igifaransa (Jeux de la Francophinie 2013).
Zenith Club y’abakina umukino wo gusinganwa mu mazi mu karere ka Karongi, ku cyumweru tariki 01-09-2013 yegukanye imyanya itatu ya mbere mu marushanwa bise Triathlon.
Ikipe ya volleyball yo muri GS Indangaburezi, iya handball yo muri ES Kigoma, iya rugby n’iya handball zo muri ET Mukingi, kuri uyu wa 22/08/2013, zihagurutse mu karere ka Ruhango aho kwitabira irushanwa rya FEASSSA rizabera mu gihugu cya Uganda
Umufaransakazi Marion Bartoli waherukaga kwegukana igikombe cya Wimbledon mu mukino wa Tennis, yatunguye abantu ubwo yasezeraga burundu kuri uwo mukino, tariki 16/08/2013, nyuma yo gusezererwa ku ikubitiro n’umunya Roumaniyakazi Simona Halep mu irushanwa rya ‘Cincinnati Open” ririmo kubera muri Reta zunze ubwumwe za Amerika.
Ikipe ya Espoir Basketball Club ihagarariye u Rwanda mu mikino y’akarere ka gatanu irimo kubera mu Burundi yatangiye irushanwa yitwara neza, naho mu bagore APR BBC yo itsindwa umukino wayo wa mbere.
Umukino wo kumasha (kurasa), cyangwa se ‘Archery ‘mu rurimo rw’icyongereza wamaze gutangizwa mu Rwanda, abakinnyi b’u Rwanda bakazajya bawukina mu marushanwa haba ayo mu Rwanda, ku rwego mpuzamahanga kugeza no mu mikino Olympique.
Ikipe y’u Rwanda ya Handball mu bakobwa b’abangavu (Junior), izaba iri mu itsinda rya mbere (Poule A) ririmo igihanganye Angola, mu gikombe cya Afurika cy’abakiri bato (Junior) kizabera muri Congo Brazzaville kuva tariki 20/08/2013.
Abakinnyi b’igisoro mu karere ka Ruhango baravuga ko abantu bakwiye kumva ko gukina umukino w’igisoro atari ubunebwe ahubwo ngo ni mu rwego rwo gukomeza kubungabunga umuco nyarwanda.
Mu rwego rwo guha agaciro abana bafite ubumuga, Urwunge rw’amashuri St Dominique Gihara, rwateguye amarushanwa y’umukino wa Sit ball, n’ibigo baturanye, kugira ngo uwo mukino umenyekane mu mashuri y’uburezi budaheza, bityo umwana ufite ubumuga asabane n’abandi bana.
Abana bo mu mashuri yisumbuye batangiye gutegurirwa imikino jeux olympiques kugirango nibakura bazabashe guhagararira igihugu bariteguye neza.
Umunya-Espagne Rafael Nadal yatsinze David Ferrer ku mukino wa nyuma wa Tennis muri French Open bakunze kwitwa ‘Roland Garos’ ku cyumweru tariki 09/06/2013, ahita yandika amateka yo kwegukana iryo rushanwa inshuro nyinshi kurusha abandi.
Kuva tariki 01-15/06/2013 hazaba amarushanwa yo kwibuka abari abakunzi b’imikino mu Rwanda bazize Jenoside yakorewe Abatutsi. Aya marushanwa yateguwe na Minisiteri ya Siporo n’umuco ku bufatanye na Komisiyo y’igihugu yo kurwanya Jenoside (CNLG) n’ikigo cy’igihugu cy’imiyoborere (RGB).
Umukinnyi wa Cricket Srinath Vardhineni w’ikipe ya Challengers yabaye umukinnyi wa mbere watsinze amanota arenga ijana mu mukino umwe, ibi yabigezeho tariki 26/05/2013 mu mukino wahuje ikipe ya Challengers Cricket Club n’Indorwa Cricket Club mu gikompe Computer Point T20 Cup.
Abanyarwanda barakangurirwa kuzitabira isiganwa ku maguru mpuzamahanga riharanira Amahoro (Kigali International Peace marathon) rizaba ku cyumweru tariki 19/05/2013, rikazitabirwa n’abazaba basiganwa bavuye mu mpande zitandukanye z’isi.
Umuryango World Vision washyikirije Diyoseze ya EAR Gahini mu karere ka Kayonza imipira 347 y’umukino wa Basket n’indi 277 y’umukino w’amaguru izifashishwa mu guhuza urubyiruko kugira ngo rukorerwe ubukangurambaga ku bintu bitandukanye.
Impuguke mu mikino wa Handball, Peter Hand Thumm, ukomoka mu Budage ari mu Rwanda akaba azamara ibyumweru bitatu yigisha umukino wa Handball abakinnyi bakiri batoya, akazanaha amahugurwa abatoza b’uwo mukino bazaturuka mu turere tw’igihugu.
Amazina y’abashaka imyanya y’ubuyobozi muri Komite y’igihugu y’imikino Olmpique (CNO) yashyizwe ahagaragara tariki 12/04/2013 ndetse banatangira kwiyamamaza hirya no hino mu bazabatora tariki 20/04/203.
Amashyirahamwe y’imikino mu Rwanda arimo gutegura uko azibuka abari abakinnyi, abayobozi ndetse n’abakunzi b’imikino bazize Jenoside, ibyo bikorwa byo kwibuka bikaba biteganyijwe muri Gicurasi na Kamena uyu mwaka.
Mu nama yahuje inama njyanama y’akarere ka Muhanga, tariki 21/03/2013, bize ku kibazo cya siporo muri aka karere kuko bavuga ko isa n’iyahariwe ikipe y’akarere gusa kandi igomba kugera kuri buri muturage.
Davite Giancarlo usiganwa ukoresha imodoka yo mu bwoko bwa SUBARU Imprezza N11, ni we wegukanye isiganwa ry’amamodoka ryiswe ‘Rally de l’Est’ ryaberaga mu bice bya Rugende na Gahengeri mu turere twa Gasabo na Rwamagana kuri uyu wa gatandatu tariki 23/03/2013.
Nzeyimana Célestin ni watorewe kuyobora Ishyirahamwe ry’imikino y’abamugaye mu Rwanda (National Paralympic Committee- NPC Rwanda) mu matora yabaye kuwa gatandatu tariki ya 09/03/2013.
Minisitiri w’Umuco na Siporo Protais Mitali arasaba abanyamakuru b’imikino mu Rwanda ubufatanye mu kazi kabo ka buri munsi, mu gushishikariza Abanyarwanda gukunda no gukora siporo.
Ikipe y’Akarere ka Gicumbi yagarutse muri shampiyona y’igihugu y’umukino wa hand ball, tariki 24/02/2013, nyuma y’imyaka ibiri yari imaze itayitabira.
Ubuyobozi bwa federation y’umukino wa handball mu Rwanda buravuga ko mu minsi micye bwitegura gutangiza amakipe y’abana batarengeje imyaka umunani “Mini Handball”, bazajya bakina umukino wa handball.
Ubuyobozi bwa federation y’umukino wa Handball mu Rwanda buravuga ko bugiye kwifashisha uburyo bw’umukino wo mu muhanda “street handball” mu rwego rwo kumenyekanisha uyu mukino wa handball.
Mu mwaka wa 2012 mu Rwanda habaye ibikorwa byinshi by’imikino yitabiriwe n’amakipe y’u Rwanda ibera mu gihugu imbere ndetse no hanze. N’ubwo imikono yabaye ari myinshi, turagaruka ku y’ingenzi yabaye bitewe n’buremere yari ifite.
Ikipe y’abafite ubumuga ya sitting volley ball y’akarere ka Gisagara yatwaye igikombe ku rwego rw’igihugu mu marushanwa yateguwe mu rwego rwo kwizihizi isabukuru ya FPR, ndetse bikanahuzwa n’umunsi mpuzamahanga w’abafite ubumuga wizihijwe tariki 03/12/2012.