Rayon Sports WFC cyangwa AS Kigali? Imibare kuri shampiyona y’abagore igeze mu mahina

Mu gihe habura iminsi ine ngo shampiyona y’icyiciro cya mbere mu bagore isozwe, ikipe ya Rayon Sports WFC na AS Kigali WFC zikomeje gukubana zihatanira igikombe aho zirushanwa amanota abiri mu mikino 18 imaze gukinwa.

Muri iyi mikino 18 imaze gukinwa Ikipe ya Rayon Sports WFC ifite amanota 49 n’ibitego 67, ikaba isigaje imikino izayihuza na Kamonyi WFC, aho izakira Freedom WFC, Muhazi United WFC izaba yayisuye na Fatima WFC izayakira.

AS Kigali na Rayon Sports zihanganiye igikombe cya shampiyona
AS Kigali na Rayon Sports zihanganiye igikombe cya shampiyona

Ikipe ya AS Kigali WFC nayo ikaba imaze gukina imikino 18 ifitemo amanota 47 n’ibitego 59, isigaje imikino 4 izayihuza na Muhazi United WFC iri ku mwanya wa 6, Fatima WFC nayo iri kumwanya wa 8, ES Mutunda WFC iri ku mwanya wa 10 irwana no kutazamanuka n’Inyemera WFC iri ku mwanya wa 3.

Rayon Sprots WFC irifuza kwegukana igikombe cyayo cya mbere cya shampiyona
Rayon Sprots WFC irifuza kwegukana igikombe cyayo cya mbere cya shampiyona

Muri rusange ikipe ya As Kigali WFC ni yo igaragara nk’aho isigaje imikino ikomeye kuko izakina n’ikipe iyikurikiye ku rutonde rwa shampiyona ndetse ikazakina na ES Mutunda idashaka kuba yamanuka mu cyiciro cya kabiri, uko izitwara mu mikino ine isigaje ni byo bizayihesha amahirwe yo gutwara igikombe cya shampiyona.

AS Kigali imaze gutwara igikombe cya shampiyona inshuro 12
AS Kigali imaze gutwara igikombe cya shampiyona inshuro 12

Abamanuka mu cyiciro cya kabiri na bo ntibirasobanuka

Amakipe atatu ya nyuma nayo ntabwo arisobanura kuko ES Mutunda WFC ni iya 10 n’amanota 9 n’umwenda w’ibitego 43, Freedom WFC n’iya 11 n’amanota n’umwenda w’ibitego 42, Rambura WFC iri ku mwanya wa nyuma n’amanota 4 n’umwenda w’ibitego 53, aya makipe akaba asigaje imikino 4 yose ariko hakaba hataragaragara azamanuka kuko ikipe ya 9 bakurikira irabarusha amanota 11.

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo  

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka