Shampiona ya Handball igiye gukinirwa mu ma zone

Shampiona y’abagore mu mukino wa Handball y’umwaka wa 2016 igiye gukinirwa mu mazone bitewe n’ibice by’igihugu amakipe aherereyemo

Nk’uko twabitangarijwe n’umunyabanga mukuru w’ishyirahamwe ry’umukino wa Handball mu Rwanda ariwe Ngarambe Jean Paul,shampiona y’uyu mwaka wa 2016 igiye gukinirwa mu ma zone cyangwa se ama leagues guhera taliki ya 24/04/2016 ubwo iyi shampiona izaba itangira ,ikazaba kandi initabwirwa n’amakipe menshi ugereranije na Shampiona zatambutse.

APPEGA Gahengeri imwe mu makipe agaragaza impano mu mukino wa Handball
APPEGA Gahengeri imwe mu makipe agaragaza impano mu mukino wa Handball
Gorillas Handball Club ishobora kongera kwitabira iyi Shampiona
Gorillas Handball Club ishobora kongera kwitabira iyi Shampiona

Ngarambe Jean Paul yatangaje kandi ko aya makipe yose yamaze kwemera kuzitabira iyi Shampiona,by’umwihariko bikaba byaranakozwe mu rwego rwo kugabanya umubare w’amafaranga aya makipe akoresha

Yagize ati " Amakipe menshi yamaze kwemera kwitabira iyi shampiona kuko ubu buryo buzabafasha,ku rundi ruhande kandi gukinira mu ma leagues byongera umubare w’amakipe kuko biyorohera kubijyanye n’icungamutungo."

Ngarambe Jean Paul umunyamabanga mukuru wa FERWAHAND
Ngarambe Jean Paul umunyamabanga mukuru wa FERWAHAND

Uku niko ama leagues ateye

Zone y’Amajyepfo

Gorillas HC, GS Akumunigo, GS Kagugu, GS Mwendo, GS Nkanga

Zone y’i Burasirazuba:

GS APPEGA Gahengeri, Duha Complex School, GS Rwamashyongoshyo

Zone y’Amajyaruguru

GS Bisika, GS Mugina, APAPEKI Cyuru, TTC de la SALLE, GSNDBC, GS Nyinawimana,

Zone y’Amajyepfo:

ES MUKINGI, TSS Hanika, GS Muyange , Byimana Academy.

Abakobwa nabo bamaze gutera imbere muri uyu mukino
Abakobwa nabo bamaze gutera imbere muri uyu mukino

Biteaginijwe ko iyi Shampiona izatangizwa ku mugaragaro ku cyumweru taliki ya 24/04/2016,ikazabera muri y’i Burasirazuba maze amakipe ayigize agahurira i Gahengeri ari naho imikino izabera.

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo  

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka