Kamonyi: Abakinnyi b’ikipe ya Victory FC basaniye inzu uwarokotse jenoside

Abakinnyi b’ikipe y’abakuze ya Victory FC ikina umupira w’amaguru ikaba yitoreza ku kibuga cyo ku Ruyenzi mu murenge wa Runda, kuri iki cyumweru tariki 21 kamena 2015, bazindukiye mu gikorwa cyo gusana inzu y’umubyeyi Nyiranshuti Donatilla wacitse ku icumu rya jenoside yakorewe abatutsi muri 1994.

Umubyeyi wasaniwe inzu atuye mu mudugudu wa Kabagesera, akagari ka Kabagesera, mu murenge wa Runda. Abakinnyi bagera kuri 40, bazindukiye mu muganda wo kumusanira inzu, bayikuraho amabati ashaje bayishyiraho amashya bazanye, banayihindura n’inzugi z’ibiti yari akingishije bashyiraho iz’ibyuma.

Abakinnyi ba Victory FC basakara inzu
Abakinnyi ba Victory FC basakara inzu

Nyiranshuti uvuga ko yahangayikishwaga no kuvirwa iyo imvura yabaga iguye kubera amabati ashaje ashakaje inzu ye kandi yaratobaguritse. Yashimye itsinda ry’abakinnyi bishyize hamwe bakaza kumufasha no kumusanira kuko we ngo atari abyishoboreye.
Yagize ati “Hari harajemo imyenge kuko imvura yakubitaga igasa n’aho itunyagira. Ubwo rero ndishimye kuko kuyisana ntabonye ubufasha, sinari kuzabishobora”.

Inzugi z'ibiti zasimbujwe iz'ibyuma
Inzugi z’ibiti zasimbujwe iz’ibyuma

Ndagijimana Fabien, umukuru w’umudugudu wa Kabagesera, yashimye aba bakinnyi baje gufasha umuturanyi wabo kubona aho atura hatekanye kuko ngo na bo batishimiraga kubona umuturanyi wabo aba mu nzu imuvira.

Dusingizemungu Lambert, Perezida w’ikipe ya Victory FC, atangaza ko bateguye iki gikorwa mu rwego rwo kwibuka abakinnyi bazize jenoside yakorewe abatutsi muri 1994. Iyi kipe ya Victory FC ngo ikaba igikorwa cyo gufasha umwe mu bacitse ku icumu rya jenoside utishoboye buri mwaka.

Bakusanyije agera ku bihumbi 250 y'amanyarwanda ngo babashe gufasha umuturanyi wabo
Bakusanyije agera ku bihumbi 250 y’amanyarwanda ngo babashe gufasha umuturanyi wabo
Nyiranshuti Dancile yashimiye abaje kumusanira
Nyiranshuti Dancile yashimiye abaje kumusanira

Uretse imirimo y’amaboko yakozwe n’abagize ikipe y’abakuze ya Victory FC, Iki gikorwa cyo gufasha uwacitse ku icumu cyatanzweho amafaranga y’u Rwanda agera ku bihumbi 250 yakusanyijwe n’abakinnyi akaba ari yo yaguze ibikoresho byabafashije gusana inzu ya Nyiranshuti.

Marie Josee Uwiringira

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 5 )

Ni abantu ba bagabo cyane turabemera kbsa

alias gashere yanditse ku itariki ya: 23-06-2015  →  Musubize

Vraimeent i am very happy for this kuko bishobora bacye ku isi so congratulation kuri victory muri abantu baba gabo cyane

chancd yanditse ku itariki ya: 23-06-2015  →  Musubize

A agato. Com

chance yanditse ku itariki ya: 23-06-2015  →  Musubize

Vraimeent i am very happy for this kuko bishobora bacye ku isi so congratulation kuri victory muri abantu baba gabo cyane

chancd yanditse ku itariki ya: 23-06-2015  →  Musubize

Ariko se kuki gufasha bibamo no kwiyamamaza! Njye igikorwa cyiza kiba kizibiranywe no kwiyerekana ngo ushimwe!

Tonton yanditse ku itariki ya: 22-06-2015  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka