Mata w’imyaka 25 yesheje umuhigo wo kuba umukinnyi uhenze Manchester iguze kuva yabaho (yamutanzeho miliyoni 37 z’ama-pounds), azagaragara bwa mbere mu kibuga ku wa kabiri tariki ya 28/1/2014 ubwo iyo kipe izaba yakira Cardiff City mu mukino wa shampiyona izaba igeze ku munsi wa 23.
Nyuma yo kugura Juan Mata, umutoza wa Manchester United David Moyes, yavuze ko hari abandi bakinnyi bashya agomba kongeramo mbere y’uko itariki ntarengwa yo kugura abakinnyi ya 30/1/2014 irangira.
Mu bandi bakinnyi Manchester United iri ku mwanya wa karindwi muri shampiyona ishaka kandi yifuza gusinyisha vuba, harimo myugariro Luke Shaw wa Southampton, Mario Mandzukic ukina muri Bayern Munich na Patrick Hermann wa Borussia Monchengladbach.
Juan Mata aje muri Manchester United avuye muri Chelsea.
Theoneste Nisingizwe
Ibitekerezo ( 1 )
Ohereza igitekerezo
|
Mata yarakenewe cyane muri Man.united abakebarero nibatwitege tuze duhangane kahave.