Espoir hamwe n’abafana bayo babajwe n’urupfu rw’umubyeyi wa Saidi Abed

Ikipe ya Espoir FC n’abafana bayo bababajwe n’urupfu rwa nyina wa kapiteni wayo, Saidi Abed, rwamenyekenye mu mpera z’iki cyumweru.

Umubyeyi wa Saidi Abed yitwaga Hadjati Atia Makiwa Sanati yitatabye Imana ku myaka 60 azize uburwayi akaba yaguye mu gihugu cya Kongo ahitwa i Bukavu.

Kubera ko Saidi Abed ari mu bakinnyi bizerwa mu ikipe ya Espoir, iyi kipe ifite impungenge zuko ashobora kutazitabira umukino wa shampiyona uyihuza na La Jeunesse kuri icyi cyumweru tariki 28/04/2013 i Kigali.

Saidi Abed yanyuze muri amwe mu makipe yo mu cyiciro cya mbere yo mu Rwanda ndetse n’andi yo hanze nka: Strombek na FC Brusel zombi zo mu Bubiligi, FC Sakaria Sport yo muri Turkiya, Yakoniye Apoel Petach Tikva, Maccabi Herzeilia, Hapoel Beer Sheva zo muri Isiraheli.

Mbere yo kuba umuporofesioneli Saidi Abed yanyuze mu Makipe nka Epress , KCC na Villa zo mu Bugande.

Musabwa Euphrem

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo  

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka