Capital one Cup: Manchester United yasezereye Liverpoool, Arsenal izakina na Chelsea mu cyiciro gikurikiyeho

Nyuma yo kunyagirwa na Manchester City ibitego 4-1 muri shampiyona, Manchester United yikosoye ubwo yatsindaga Liverpool igitego 1-0 mu mukino wa Capital one Cup kuri uyu wa gatatu tariki 25/09/2013.

Nubwo abakinnyi benshi bakomeye ba Manchester United nka Nemanja Vidic, Robin Van Persie, Patrice Evra, Rio Ferdinand, Marouane Fellaini n’abandi itigeze ibakinisha, yatangiye ikina neza irusha cyane Liverpool, ariko nayo ikanyuzamo igasatira cyane, dore ko yari yanagaruye Luiz Suarez, ariko amakipe yagiye kuruhuka ari nta n’imwe ibonye igitego.

Chicharito niwe watsinze igitego kimwe rukumbi cyabonetse muri uwo mukino.
Chicharito niwe watsinze igitego kimwe rukumbi cyabonetse muri uwo mukino.

Igitego kimwe rukumbi cyagaragaye muri uwo mukino wari ukomeye ku mpande zombi, cyabonetse ku munota wa 46 gitsinzwe na Xavier Hernandez ‘Chicharito’ ku mupira wari uvuye muri ‘Corner’ utewe neza na Wayne Rooney wari Kapiteni wa Mancheser United muri uwo mukino.

Mu yindo mikino yabaye, Birmingham City yatsinze Swansea City ibitego 3-1, Newcastle United itsinda Leeds United ibitego 2-0, Tranmere Rovers itsindwa na Stoke City ibitego 2-0, naho Arsenal isezerera West Bromwich Albion kuri za penaliti 4-3, nyuma yo kunganya igitego 1-1.

Suarez wari wagarutse mu kibuga nyuma yo guhanishwa imikino umunani, ntabwo yabashije kubonera Liverpool igitego.
Suarez wari wagarutse mu kibuga nyuma yo guhanishwa imikino umunani, ntabwo yabashije kubonera Liverpool igitego.

Mu cyiciro gukirikiyeho (round 4), umukino ukomeye kurusha iyindi ni uzahuza Arsenal na Chelsea ku kibuga cya Arsenal Emirates Stadium. Sunderland izakina na Southampton, Leicester City ikine na Fulham naho Birmingham City v Stoke City.

Manchester United izakina na Norwich City, Burnley ikine na West Ham United, Tottenham ikine na Hull City, naho Newcastle ikine na Manchester City. Imikino y’icyo cyiciro (round 4) izaba tariki ya 29-30/10/2013.

Theoneste Nisingizwe

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo  

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka