Abakinnyi babanjemo:
APR Fc: Mvuyekure Eméry, Rusheshangoga Michel, Imanishimwe Emmanuel, Nsabimana Aimable, Rugwiro Hervé, Nshimiyimana Imran, Mukunzi Yannick, Bizimana Djihad, Sekamana Maxime, Bigirimana Issa, Sibomana Patrick.
Zanaco Fc:
Rachar kola, Ziyo Tembo, Fashion Sakala, Taonga Bwembya, Boyd Musonda, Chongo Chirwa, Attram Kwame, Saith Sakala, George Chilufya, Augustine Mulenga, Richard Kasonde
Nyuma y’aho aya makipe yombi yari yanganyije 0-0 mu mukino ubanza wabereye I Lusaka muri Zambia, ikipe ya APR Fc yizeraga gusezerera iyi kipe, yaje gutsindirwa mu rugo igitego 1-0, igitego cyatsinzwe mu gice cya mbere gitsinzwe na Taonga Bwembya kuri Coup-Franc.
Iki gitego iyi kipe yo muri Zambia yaje kugihagararaho, ndetse inakomeza kuruhsa APR Fc umupira cyane mu kibuga hagati, ndetse iza no guhusha ibitego bigera kuri 3 byari byabazwe.
Umukino waje kurangira kikiri cya gitego cya Zanaco, bihesha iyi kipe amahirwe yo gukomeza muri 1/16 cy’irangiza aho ishobora kuzahura n’ikipe ya Young Africans yo muri Tanzania hagati y’italiki ya 10-11-12/03/2017.
Kuri iki cyumweru kandi hategerejwe undi mukino uzahuza ikipe ya Rayon Sports izaba yakiriye Wau Salaam yo muri Sudani y’Amajyepfo kuri Stade Amahoro, mu gihe umukino ubanza wari warangiye Rayon Sports inyagiye iyi kipe ibitego 4-0, izi zikaba zo ziri gukina irushanwa rihuza amakipe yatwaye igikombe cy’igihugu (CAF Confederation Cup)
Ibitekerezo ( 5 )
Ohereza igitekerezo
|
uko apr yatsinzwe na rayor sport niko ya tsindwa,suko rero yatoneshejwe ahubwo nuko wowe arko ubizi
kuraje mushicyi WACU tukurinyuma komeza witware neza
bafana ba Rayon sibyiza namba kuberako Apr fc. yari yasohokeye igihugu. twekumera nkabo muri Tanzanie.tugomba gushyigikira amakipe yacu igihe yasohokeye igihugu cyacu. yari Ben umufana wa Rayon
bafana ba Rayon sibyiza namba kuberako Apr fc. yari yasohokeye igihugu. twekumera nkabo muri Tanzanie.tugomba gushyigikira amakipe yacu igihe yasohokeye igihugu cyacu. yari Ben umufana wa Rayon
Uyu ni umusaruro w’ikipe Ferwafa yamenyereje kubera. Nimureke habe competition izira amanyanga muri championat nibwo tuzashobora gutsinda amahanga.