Abatoza batandatu barahatanira gutoza Bugesera FC

Abatoza batandatu nibo batanze impapuro zabo basaba gutoza ikipe ya Bugesera FC yo mu kicyiro cya kabiri. Biteganyijwe ko mu cyumweru gitaha aribwo hazamenyekana umutoza uzaba watoranyijwe; nk’uko bitanganzwa n’uumunyamabanga akaba n’umuvugizi wa Bugesera FC.

Gahigi Jean Claude yagize ati “ abo bose uko ari batandatu nta munyamahanga urimo bose n’abanyarwanda kandi barimo abatoje amakipe akomeye arimo nayo mu cyiciro cya mbere hano mu Rwanda”.

Aha yirinze kugira amazina y’abo batoza atangaza ariko amakuru akaba avuga ko muri abo harimo umutoza Sogonya Hamis uzwi ku kazina ka Kishi.

Mu kiganiro kuri telefone ugendanwa na Sogonya Hamis akaba yatangaje ko aribyo nawe yasabye gutoza ikipe ya Bugesera FC ko naramuka abonye ako kazi inshingano ya mbere azaba afite ari ukuzamura iyo kipe mu cyiciro cya mbere.

Ati “nzaharanira kuzamura umupira w’amaguru nshingiye ku bana bakomoka muri ako karere, ibyo kandi nagiye mbigeraho mu makipe menshi nagyuzemo”.

Egide Kayiranga

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo  

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka