Irushanwa rya Copa Coca cola rikomeje gufasha abana mu myigire yabo

Uhagarariye ishyirahamwe ry’imikino mu mashuri yisumbuye Rwigema Florent , yatangaje ko Irushanwa rya Copa Coca Cola ridafasha abana gukina gusa, ahubwo ribafasha no mu myigire yabo ya buri munsi.

Ibi yabitangaje kuri uyu wa Kabiri tariki ya 28 Mata 2015, ubwo hatangizwaga ku nshuro ya Karindwi aya marushannwa ya Copa Coca Cola aterwa inkunga n’uruganda rukora ibinyobwa rwa Bralirwa, rubicishije mu kinyobwa cyarwo cya Coca Cola.

Abaterankunga ba Copa Coca-Cola n'abana bitwaye neza mu mikino y'umwaka ushize
Abaterankunga ba Copa Coca-Cola n’abana bitwaye neza mu mikino y’umwaka ushize

Yagize ati ’’ Iri rushannwa duterwamo inkunga na Bralirwa ibicishije mu kinyobwa cya Coca Cola, ridufasha kwimakaza no kuzamura urwego rw’umupira w’amaguru mu bana bato abakobwa n’abahungu, kuko ryita ku bari munsi y’imyaka 17’’,

Yanavuze kandi ko iri rushanwa rinabafasha kwiga cyane cyane ibijyanye n’ubumenyi bw’isi ( Géographie) kuko uko bazenguruka mu gihugu hose bajya gukina, bafata n’ umwanya wo kwiga ibijyanye n’utwo duce baba batembereyemo, bikabafasha kurangiza aya marushanwa bazi neza imiterere y’igihugu cyabo.

Berekanye imwe mu mikino ikinwa muri Copa Cola
Berekanye imwe mu mikino ikinwa muri Copa Cola

Rwigema kandi yakomeje atangaza ko iri rushanwa rigira uruhare no mu kubaka imikino mu gihugu, kuko abagaragaje impano mu bahungu no mu bakobwa boherezwa mu bihugu byo hanze mu mashuri y’umupira w’amaguru akomeye bagatozwa ku buryo bw’ubunyamwuga, aho abenshi mu bitwaye neza muri Copa Coca Cola zabanje ubu abenshi bari gukinira ikipe y’igihugu y’abakuru “Amavubi” haba mu bahungu ndetse n’abakobwa.

Abana bitwaye neza mu mikino y'umwaka ushize
Abana bitwaye neza mu mikino y’umwaka ushize

Biteganijwe ko aya marushannwa ari bukomeze mu mpera z’iki cyumweru, aho amakipe agera kuri 60 y’abahungu n’abakobwa bari munsi y’imyaka 17, bo mu duce dutandukanye two mu Rwanda, bazaba bari mu kibuga bakina.

Roger Marc Rutindukanamurego

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo  

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka