Igikombe cy’Amahoro kirakomeza kuri uyu wa Gatatu

Kuri Uyu wa Gatatu, imikino y’igikombe cy’Amahoro iraba igeze muri kimwe cy;umunani,aho haza gukinwa imikino itanu mu gihe indi itatu izakinwa ku wa kane

Nyuma y’imikino y’ikipe y’igihugu Amavubi yari yatumye imikino y’igikombe cy’Amahoro iba ihagaze, ubu kuri uyu wa gatatu irasubukurwa nk’uko byari biteganijwe.

APR Fc niyo yegukanye igikombe cy'Amahoro cy'umwaka ushize
APR Fc niyo yegukanye igikombe cy’Amahoro cy’umwaka ushize

Ikipe ya APR Fc ifite iki gikombe, Rayon Sports na Police Fc nk’amwe mu makipe afite abakinnyi benshi mu ikipe y’igihugu,azakina imikino yayo ku wa kane mu gihe andi makipe azaba yakinnye ku wa Gatatu.

Uko amakipe azahura muri 1/8:

Kuwa Gatatu, 17.06.2015

AS Kigali vs Isonga (Mumena, 15h30)
SC Kiyovu vs Sorwathe (Ferwafa, 15.30)
Espoir vs Vision JN (Muhanga, 13h00)
Musanze vs Etincelles (Musanze, 15h30)
Mukura vsGicumbi (Muhanga, 15h30)

Kuwa Kane, 18.06.2015

Police vs Sunrise (Mumena, 15h30)
Rayon Sport vs Sec (Kicukiro, 15h30)
APR vs Bugesera (Ferwafa, 15h30

Rayon Sports yasezereye Gasabo izaba ikina na SEC kuri uyu wa kane
Rayon Sports yasezereye Gasabo izaba ikina na SEC kuri uyu wa kane

Igikombe cy’Amahoro cy’uyu mwaka nk’ibisanzwe giha itike ikipe yagitwaye guhagararira u Rwanda mu mikino ihuza amakipe yatwaye ibikombe by’igihugu muri Afrika(CAF Confederation Cup), gusa mu gihe APR fc yagitwara hakazasohoka ikipe ya AS Kigali yabaye iya kabiri muri Shampiona y’uyu mwaka.

Sammy IMANISHIMWE

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 1 )

ndifuzako APR igitwara

mwebaze yanditse ku itariki ya: 16-06-2015  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka