Igihugu cya Maroc ni cyo cyagombaga kwakira irushanwa ry’ibihugu bya Afurika mu mupira w’amaguru, ariko kiza gutangaza nyuma ko kititeguye kwakira ibihugu 16 bya Afurika mu kwa mbere kwa 2015, kuko bimwe muri ibyo bishobora kuba bigaragaramo indwara ya Ebola iyogoje uyu mugabane.
Maroc yari yasabye CAF ko yakwimura iri rushanwa rigashyirwa mu mwaka wa 2016, ariko ubuyobozi bwa ruhago nyafurika bwanze iki cyifuzo maze bunatangaza ko iki gihugu kizanahabwa ibindi bihano byisumbuyeho.
Ni ku nshuro ya kabiri mu myaka itatu iki gihugu cyigiye kwakira CAN kuko cyanaherukaga kwakira irushanwa ryo mu mwaka wa 2012 ubwo cyafatanyaga na Gabon.
Jah d’Eau Dukuze
Ibitekerezo
Ohereza igitekerezo
|