Espoir FC ikomeje imyitozo n’amakipe yo muri Congo

Ikipe y’akarere ka Rusizi, Espoir FC, ikomejye gukina n’amakipe yo mu mujyi wa Bukavu muri Repuburika iharanira demokarasi ya Congo mu rwego rwo kwitegura shampiyona izatangira mu mpera z’uku kwezi tariki 28/09/2013.

Mu mpera z’icyumweru twasoje tariki 15/09/2013, Espoir FC yatsinze ibitego 2 ku busa ikipe ya Bana ecofoot yo mu mujyi wa Bukavu nayo yo mu cyiciro cya kabiri. Hari hashize iminsi Espoir itsinze indi kipe yitwa Bande Rouge yo mu cyiciro cya kabiri ibitego 3 kuri kimwe.

Ku munsi wa mbere wa shampiyona, Espoir izakina na Etincelle yo mu karere ka Rubavu.

Ikipe ya Espoir FC ngo yaguze abakinnyi bahagije.
Ikipe ya Espoir FC ngo yaguze abakinnyi bahagije.

Umutoza wa Espoir FC, Ruremesha Emmanuel, avuga ko kugeza ubu ikipe ye ihagaze neza aho afite abakinnyi bahagije kuburyo buri mwanya ufite abakinnyi babiri bityo bakaba bizeye ko bazataha amanota atutu kabone nubwo baza bakiniye i Rubavu.

Ikipe ya Espoir FC igiye gutangira iyi shampiyona yibitseho abakinnyi barindwi bashya, ariko igikomeje kwibazwaho n’abafana batundukanye ni uburyo iyi kipe ikomeza gukina n’amakipe yo mu ciciro cya kabiri yo muri Congo mu gihe andi makipe yitegura gutangira shampiyona akina imikino ya gishuti akina n’amakipe yo mu cyiciro cya mbere.

Abakinyi ba Espoir FC mu imyiteguro.
Abakinyi ba Espoir FC mu imyiteguro.

Kuri icyo kibazo, umutoza wa Espoir yavuze ko bakunda guhura n’imbogamizi zuko iyi kipe ituye kure bityo ngo bikabahenda gutumira andi makipe akomeye ariko ibyo ngo ntacyo bibabwiye kuko imyitozo bakora buri munsi ikomeye kandi bakaba bafitiye icyizere ikipe yabo.

Musabwa Euphrem

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 1 )

Ntimubona ikipe ikeye!!! Sha noneho rayon nukuyitera bitanu ku busa.

Koraneza yanditse ku itariki ya: 20-09-2013  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka