Uwari Umubitsi wa Rayon Sports yeguye

Muhire Jean Paul wari umaze imyaka hafi ibiri ari umubitsi wa Rayon Sports yatangaje ko yeguye kuri uwo mwanya ku mpamvu ze bwite

Mu gitondo cyo kuri uyu wa mbere ni bwo Muhire Jean Paul wari usanzwe ari umubitsi wa Rayon Sports, yandikiye iyi kipe abamenyesha ko ahagaritse inshingano zo kuba umubitsi wa Rayon Sports, inshingano yari yarahawe Tariki 22 Ukwakira 2017.

Muhire Jean Paul umubitsi wa Rayon Sports na Muhirwa Freddy Visi Perezida wa Rayon Sports, ubwo bashyikirizwaga Sheki ya Radiant
Muhire Jean Paul umubitsi wa Rayon Sports na Muhirwa Freddy Visi Perezida wa Rayon Sports, ubwo bashyikirizwaga Sheki ya Radiant

Mu ibaruwa yanditse, bivugwa ko yeguye ku mpamvu ze bwite, akaba yirinze no kugira ikindi avuga ku mpamvu zo kwegura kwe, ahubwo atangaza ko azakomeza kuba hafi ikipe ya Rayon Sports.

Amakuru yatugeragho mu cyumweru gishize, yavugaga ko n’ubundi uyu mubitsi yari yashatse kwegura ariko biza guhagarara, aho byavugwaga ko hari ibyo atabashije kumvikana n’abo bafatanyije kuyobora ikipe.

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo  

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka