Umuyobozi wa APR FC yavuze ku bivugwa ko iyi kipe yazongera gukinisha abanyamahanga

Mu gihe hamaze iminsi havugwa ko APR FC ishobora kuzongera gukinisha abanyamahanga, umuyobozi wa APR FC Lt Gen MUBARAKH Muganga ko iyo gahunda idahari

Ku munsi w’ejo ubwo Umuyobozi w’ikipe ya APR FC Lt Gen MUBARAKH Muganga yasuraga abakinnyi b’iyi kipe aho bari kwitegura umukino w’igikombe cy’Amahoro uzabahuza na Rayon Sports, yanagize icyo avuga ku kuba iyi kipe yakongera gukinisha abanyamahanga.

Umuyobozi wa APR FC Lt Gen MUBARAKH Muganga aganiriza abakinnyi ba APR FC
Umuyobozi wa APR FC Lt Gen MUBARAKH Muganga aganiriza abakinnyi ba APR FC

Lt Gen MUBARAKH Muganga yabwiye aba bakinnyi ko nta gahunda ihari yo kubongeramo abanyamahanga, ko ahubwo haziyongeramo abandi bakinnyi b’abanyarwanda mu rwego rwo kubaha umwanya wo kugaragaza impano zabo

Yagize ati “Muri ikipe nziza y’ abanyarwanda batarangwamo abandi bantu kandi ntabo twifuza kuzazana muri iyi kipe kuko mwebwe mushoboye, mufite barumuna banyu nabo bazaca hano kuko nk’ikipe y’ingabo twifuza kubaha amahirwe yo kugaragaza impano zabo nk’abenegihugu. Ibi bizafasha Abakinnyi kwiteza imbere mu buryo bwose kandi ninawo murongo twihaye.”

Yakomeje agira ati “Kuri APR FC nta n’ubwo turwanya abanyamahanga, andi makipe yari afite abanyamahanga batatu ageraho asaba ko umubare wongerwa bakaba batanu birakorwa, yewe n’ubu ashatse yasaba abandi bakaba barindwi ariko twe ntiduteze guhindura umurongo turimo wo guhuza imbaraga nk’Abanyarwanda.”

Ikipe ya APR FC iheruka kwitwara neza mu mikino impuzamahanga igikinisha abanyamahanga
Ikipe ya APR FC iheruka kwitwara neza mu mikino impuzamahanga igikinisha abanyamahanga

Hari hashize iminsi havugwa ko iyi kipe yaba iri guteganya kongera gukinisha abanyamahanga, nyuma y’aho imaze inanirwa kwitwara neza mu mrushanwa mpuzamahanga arimo aya CAF ndetse na CECAFA, aho ikinisha abanyarwanda gusa.

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo  

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka