N’ubwo yari amaze gufasha iyi kipe kudasubira mu cyiciro cya kabiri, Nduhirabandi Abdul Kharim uzwi ku izina rya Coka yamaze gutandukana n’iyi kipe.
Amakuru agera kuri Kigali Today aravuga ko uyu mutoza yamenyeshejwe ko yahagaritswe n’iyi kipe nyuma y’inama yari imaze guterana kuri uyu mugoroba.
Twagerageje kuvugana n’uwo mutoza ngo tumubaze niba ayo makuru ari impamo, ariko numero ye ya telefone igendanwa ntiyari iri ku murongo.
Atandukanye n’iyo kipe yari isigaje umukino umwe wa Shampiona, ndetse n’imikino y’igikombe cy’Amahoro igeze muri 1/4.
Ikipe ya Marines ubu irabarizwa ku mwanya wa 12 n’amanota 30, ikaba isigaje kuzakina na Police ku munsi wa nyuma wa Shampiona, naho mu gikombe cy’Amahoro ikazakina na Espoir.
Ibitekerezo
Ohereza igitekerezo
|