Umunyarwandakazi Salima Mukansanga yatoranyijwe mu bazasifura imikino ya ¼

Abanyafurikakazi batanu barimo umunyarwandakazi Mukansanga Salima, batoranyijwe mu basifuzi bazasifura imikino ya ¼ ya Olempike mu bagore

Kuri uyu wa Gatanu ni bwo haza kuba hakomeza imikino ya ¼ mu bagore, mu mikino Olempike ikomeje kubera mu mujyi wa Tokyo mu Buyapani.

Abanyafurikakazi barimo Mukansanga Salima (uri hagati) bazasifura imikino ya 1/4
Abanyafurikakazi barimo Mukansanga Salima (uri hagati) bazasifura imikino ya 1/4

Mu mukino wa ¼ uzahuza U Bwongereza na Australia guhera i Saa tanu z’amanywa, uzasifurwa n’abasifuzi bose bakomoka ku mugabane wa Afurika, bikaba ari ubwa mbere mu mateka y’imikino olempike aho abasifuzi b’abagore bose bakomoka muri Afurika bazasifura umukino umwe.

Abasifuzi batanu b’abagore bazasifura uyu mukino

Salima Rhadia Mukansanga (Rwanda)
Mary Njoroge (Kenya)
Patience Ndidi Madu Nigeria (Nigeria)
Bernadettar Kwimbira (Malawi )
Maria Packuita Cynquela (Mauritius)

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo  

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka