Umunyarwanda Martin Ngoga yashyizwe mu kanama k’imyitwarire ka FIFA

Ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru ku isi ryashyize Umunyarwanda Martin Ngoga muri komite ishinzwe imyitwarire, mu itsinda rishinzwe iperereza

Martin Ngoga washyizwe mu kanama k'imyitwarire ka FIFA
Martin Ngoga washyizwe mu kanama k’imyitwarire ka FIFA

Ni mu nama ya 67 ihuza abanyamuryango 211 bose b’iri shyirahamwe iri kubera mu gihugu cya Bahrain, Martin Ngoga yaje kugirirwa icyizere ashyirwa muri komite ishinzwe imyitwarire.

Yahawe izi nshingano mu nama ya FIFA iri kubera muri Bahrain International Exhibition & Convention Centre
Yahawe izi nshingano mu nama ya FIFA iri kubera muri Bahrain International Exhibition & Convention Centre

Martin Ngoga wigeze guhagararira u Rwanda muri EALA,yakoze mu bushinjacyaha bukuru bwa Repubulika y’u Rwanda mu cyahoze ari Perefegitura ya Butare, azamurwa mu ntera yoherezwa guhagararira u Rwanda mu Rukiko rwashyiriweho u Rwanda i Arusha muri Tanzaniya.

Yaje kugirwa Umushinjacyaha mukuru wungirije nyuma yo gutora Itegeko Nshinga no kuvugurura inzego z’ubutabera, nyuma y’imyaka ibiri gusa yongera kuzamurwa mu ntera aba Umushinjacyaha Mukuru wa Repubulika y’u Rwanda.

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 1 )

Iyo CV wanditse niba utayikosoye birakureba!

Jango yanditse ku itariki ya: 11-05-2017  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka