Ni mu nama ya 67 ihuza abanyamuryango 211 bose b’iri shyirahamwe iri kubera mu gihugu cya Bahrain, Martin Ngoga yaje kugirirwa icyizere ashyirwa muri komite ishinzwe imyitwarire.
Martin Ngoga wigeze guhagararira u Rwanda muri EALA,yakoze mu bushinjacyaha bukuru bwa Repubulika y’u Rwanda mu cyahoze ari Perefegitura ya Butare, azamurwa mu ntera yoherezwa guhagararira u Rwanda mu Rukiko rwashyiriweho u Rwanda i Arusha muri Tanzaniya.
Yaje kugirwa Umushinjacyaha mukuru wungirije nyuma yo gutora Itegeko Nshinga no kuvugurura inzego z’ubutabera, nyuma y’imyaka ibiri gusa yongera kuzamurwa mu ntera aba Umushinjacyaha Mukuru wa Repubulika y’u Rwanda.
Ibitekerezo ( 1 )
Ohereza igitekerezo
|
Iyo CV wanditse niba utayikosoye birakureba!