Ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru mu Rwanda "FERWAFA" ryatangaje ko habaye impinduka ku ngengabihe ya shampiyona yaherukaga gusohoka.
Impinduka yabaye ni umukino ikipe ya Police FC izakiramo APR FC wagombaga kubera i Bugesera, ukaba wimuriwe kuri Kigali Pelé Stadium kuri uyu wa Gatandatu tariki 22/04/2023.
Uyu mukino wahinduriwe ikibuga nyuma y’ubusabe bw’ikipe ya Police FC ubusanzwe yajyaga yakirira imikino yayo i Muhanga ariko iza kumenyeshwa ko uyu mukino uzabera i Bugesera, ariko iyi kipe iza gusaba ko bihinduka.
Uyu mukino ugiye kuba umukino wa mbere wa shampiyona ubereye kuri iyi Stade kuva ikibuga cyavugururwa igahabwa n’izina rishya.
Ibitekerezo
Ohereza igitekerezo
|