Umukino uhenze: APR FC yatangaje ibiciro ku mukino izakiramo Rayon Sports

Ikipe ya APR FC yashyize hanze ibiciro by’umukino wa 1/2 wo kwishyura mu Gikombe cy’Amahoro, uzabera kuri stade ya Kigali tariki 19 Gicurasi 2022, aho itike ya macye ari 10,000Frw.

Ibiciro by’uyu mukino bigaragaza ko ariwo uzaba uhenze mu Rwanda, kuko kureba uyu mukino uzavamo ikipe igera ku mukino wanyuma w’igikombe cy’Amahoro, bisaba kwishyura 10,000Frw ahasanzwe (ariyo macye), 20,000Frw ahatwikiriye, 30,000Frw mu myanya y’icyubahiro (VIP) ndetse n’ibihumbi 50,000Frw muri VVIP, nabyo bibayeho ku nshuro ya kabiri.

Ni ubwa mbere mu myanya isanzwe ahakunda kwitwa ahasigaye hose hishyujwe 10,000 Frw mu mateka y’umupira w’amaguru mu Rwanda, kuko itike ya menshi yari yarabayeho ari 5000Frw ahasanzwe, ibintu byatangiriye ku mukino wo kwishyura wa shampiyona Rayon Sports yakiriyemo APR FC, ikabisubira mu mukino ubanza w’Igikombe cy’Amahoro n’ubundi yakira APR FC.

Umukino ubanza abafana batashye batanyuzwe n'ibyo babonye
Umukino ubanza abafana batashye batanyuzwe n’ibyo babonye

APR FC nayo yabikoze mu mukino wa shampiyona yakiriyemo Kiyovu Sports ku wa 14 Gicurasi 2022 itsindwa ibitego 2-1, kuri ubu ikaba iciye agahigo ko kwishyuza amafaranga menshi ahasigaye hose mu gihe kandi itike ya 50000Frw muri VVIP nayo ari ubwa kabiri ibayeho nyuma y’uko Rayon Sports, iyishyizeho ku mukino ubanza wahuje amakipe yombi.

Umukino ubanza Rayon Sports na APR FC zanganyije 0-0, abakunzi ba Ruhago bataha batanyuzwe n’ibyo babonye mu kibuga bamwe bavuga ko bibwe ugereranyije n’amafaranga bishyujwe ngo barebe uwo mukino ufatwa nk’uwa mbere uba ukomeye mu Rwanda.

Ni umukino abafana badakangwa n'ibiciro byawo
Ni umukino abafana badakangwa n’ibiciro byawo
kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 2 )

muzatubwire amafranga apr yinjije kumukino wa 1/2 wayihuje na rayon sport

kwibuka james yanditse ku itariki ya: 22-05-2022  →  Musubize

muzatubwire amafranga apr yinjije kumukino wa 1/2 wayihuje na rayon sport

kwibuka james yanditse ku itariki ya: 22-05-2022  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka