Umukino nk’uyu w’umupira w’amaguru wawuherukaga?

Akagari ka Kabuga kahuriye mu mukino w’umupira w’amaguru n’aka Ndego, twombi two mu Murenge wa Karama mu Karere ka Nyagatare. Ni umukino wahuje abakuze bo muri utwo tugari ku cyumweru tariki 02 Kamena 2019.

Imyambarire y'uyu musifuzi wo ku ruhande n'igitambaro yifashisha mu gusifura ntibisanzwe
Imyambarire y’uyu musifuzi wo ku ruhande n’igitambaro yifashisha mu gusifura ntibisanzwe

Ni umukino waranzwemo udushya twinshi, cyane cyane mu bijyanye n’imyambarire ndetse n’amategeko rusange y’umupira akaba atakurikizwaga.

Bamwe wasangaga nta nkweto bambaye, mu gihe abandi babaga bazambaye. Umusifuzi wo ku ruhande na we yabaga yemerewe kwinjira mu kibuga, ndetse akangisha inama abafana ku birimo kubera mu kibuga. Abafana na bo bagaragaye bidegembya mu kibuga ntihagire ubibahanira.

Hari aho wasangaga abana begamye ku izamu mu gihe abandi bakina undi mupira inyuma yaryo. Umusifuzi na we nta myenda yabugenewe ya siporo yari yambaye kuko yari yiyambariye ipantalo y’igitambaro n’inkweto zisongoye (congo).

Umusifuzi wo hagati (uhagaze hamwe) ni uko yari yambaye
Umusifuzi wo hagati (uhagaze hamwe) ni uko yari yambaye

Uwo mukino wabaye muri gahunda y’irushanwa ryiswe ‘Ubumwe bwacu’ aho abakuze b’Akagari ka Ndego batsinze aka Kabuga igitego kimwe ku busa.

Umwe mu bitabiriye uwo mukino witwa Ndekure Anastase w’imyaka 67 y’amavuko wo mu Kagari ka Ndego avuga ko gukina umupira ari ingenzi kandi ko bituma umuntu adasaza kandi irushanwa ‘Ubumwe Bwacu’ n’ubwo rikinwa n’abakuze ariko bakiwubasha, hamwe n’urubyiruko, ngo na bo nk’abasheshe akanguhe bisangamo bafana.

Agira ati "Jye ndagerageza sinkibasha kuwutera ariko iyo abana banjye n’abo nduta bakina ndishima kandi buriya umukino ushobora kurangira nirukanse ikibuga incuro zirenze 10."

Umusaza Ndekure Anastase, umufana ukomeye wa Rayon sports aracyawuconga
Umusaza Ndekure Anastase, umufana ukomeye wa Rayon sports aracyawuconga

Umubyeyi witwa Nyiranshimiyimana Jackline wo mu Kagari ka Kabuga muri uwo Murenge wa Karama, avuga ko iri rushanwa ari ryiza kuko uretse ubusabane hagati y’utugari tugize umurenge rinatuma abantu bagorora ingingo.

Ati " Gukina ntibikwiye guharirwa urubyiruko n’abagabo gusa natwe abagore dukeneye guhura n’abagore bagenzi bacu tukagorora ingingo tunubaka ubumwe."

Nyiranshimiyimana asanga irushanwa nk'iri ryaba ingirakamaro no ku babyeyi bagahura bagatera umupira bakarushaho gusabana no kunga ubumwe
Nyiranshimiyimana asanga irushanwa nk’iri ryaba ingirakamaro no ku babyeyi bagahura bagatera umupira bakarushaho gusabana no kunga ubumwe

Benshobeza Jean Damascene ni we utegura irushanwa ‘Ubumwe bwacu’ uyu ukaba ari umwaka wa gatatu rikinwa.

Ryateguwe hagamijwe gukangurira abaturage b’umurenge wa Karama kwirinda ibiyobyabwenge na magendu kuko uwo murenge uhana imbibi n’Igihugu cya Uganda.

Hahembwa amakipe atatu ya mbere ku bakobwa n’abahungu. Iya mbere ihabwa igikombe n’ibihumbi 50 by’Amafaranga y’u Rwanda.

Umusifuzi wo ku ruhande yakurikiranaga umukino hafi mu kibuga
Umusifuzi wo ku ruhande yakurikiranaga umukino hafi mu kibuga
Umusifuzi wo ku ruhande yanyuzagamo akagisha inama abafana
Umusifuzi wo ku ruhande yanyuzagamo akagisha inama abafana
Abantu banyuraga mu kibuga mu gihe abandi barimo gukina. Umwe ahetse umwana mu kibuga, undi yegamye ku izamu
Abantu banyuraga mu kibuga mu gihe abandi barimo gukina. Umwe ahetse umwana mu kibuga, undi yegamye ku izamu
umusifuzi wo ku ruhande mu kibuga
umusifuzi wo ku ruhande mu kibuga
Abasifuzi bo ku mpande
Abasifuzi bo ku mpande
kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 1 )

uyu mupira wari sawa kbsa. Reba abasifuzi!! ruhago ni ibyishimo si amafaranga no gukabya. nibutse kera ko nge mugupanga ikipe navunjaga babiri. iyo wabaga uri umuhanga wabarwagamo babiri.

lana yanditse ku itariki ya: 4-06-2019  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka