Sunrise itsinze APR FC mu mukino wo gutaha Stade ya Nyagatare

Ni umukino watangiye isaa kumi n’iminota itanu, ikipe ya APR FC yari yabanjemo ahanini abakinnyi batabanza mu kibuga, yiharira igice cya mbere ariko ntiyabona izamu, kuko umukino warangiye ari ibitego 2 bya Sunrise ku busa bwa APR FC.

Stade ya Nyagatare yatashywe ku mugaragaro
Stade ya Nyagatare yatashywe ku mugaragaro

Ikipe ya Sunrise yagarutse mu gice cya kabiri yiharira umukino ndetse birayihira ibona ibitego, bibiri ari nako umukino warangiye.

Umutoza Ndoli watoje uyu mukino ku ruhande rwa APR FC, yavuze ko abakinnyi benshi bari mu biruhuko, kandi ikindi batari mu marushanwa ari nayo mpamvu batashyizemo imbaraga nyinshi.

Guverineri w’Intara y’Iburasirazuba, Emmanuel K. Gasana, yavuze ko iyo Stade y’Akarere ka Nyagatare, ari kimwe mu bikorwa Umukuru w’Igihugu yemereye abaturage, abasaba kubifata neza no kubibungabunga.

Ikindi ariko, Guverineri Gasana yanasabye urubyiruko rw Nyagatare n’abandi bahegereye kubyaza umusaruro iyo Stade.

Guverineri Gasana ubwo yafungura Stade ya Nyagatare
Guverineri Gasana ubwo yafungura Stade ya Nyagatare

Yanasabye ubuyobozi bw’Akarere ka Nyagatare gukora ibishoboka uruhande rwa Stade rudatunganyijwe, kubikora kuko abantu benshi banyotewe kureba umupira.

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 1 )

Ese mudusobanurire Nyagatare bubatse stade nshya cg basannye isanzwe?

Nyikundiyukuri Marcel yanditse ku itariki ya: 10-07-2022  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka