Sam Karenzi ntakiri Umunyamabanga Mukuru wa Bugesera FC

Nyuma y’iminsi mike yari ishize atorewe kongera kuba Umunyamabanga Mukuru wa Bugesera FC, Umunyamakuru Sam Karenzi yeguye kuri uwo mwanya

Tariki ya 03/10/2021 ni bwo Sam Karenzi yatorewe manda ya kabiri yo kuba Umunyamabanga Mukuru w’ikipe ya Bugesera, ndetse akanayibera Umuvugizi.

Sam Karenzi ntakiri Umunyamabanga Mukuru wa Bugesera FC
Sam Karenzi ntakiri Umunyamabanga Mukuru wa Bugesera FC

Kuri uyu wa Kane Sam Karenzi yatangaje ko yeguye kuri uwo mwanya, abinyujije mu ibaruwa yandikiye Perezida wa Bugesera. Muri iyi baruwa yatangaje ko yeguye ku mpamvu ze bwite ariko atigeze atangaza.

Sam Karenzi usanzwe ari n’umunyamakuru wa Radio Fine Fm yatangaje ko inshingano afite muri iyi minsi zitamwereraga gukorera ikipe ya Bugesera nk’uko bikwiye, hakiyongeraho no kuba atagituye mu karere ka Bugesera.

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo  

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka