Rayons Sport izajyana muri Afurika y’Epfo icyuho cya Shassir, abatoza babiri n’abafana

Rayons Sport irahaguruka i Kigali mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatandatu tariki 17 Werurwe 2018, igana muri Afurika y’Epfo, mu mukino wo kwishyura wa CAF Champions League, uzayihuza na Mamelodi Sundowns.

Rayons Sport izajya mu mukino wo kwishyura idafite aba bagabo batatu
Rayons Sport izajya mu mukino wo kwishyura idafite aba bagabo batatu

Rayons Sport ikaba izahaguruka i Kigali idafite rutahizamu wayo ukomoka mu gihugu cy’u Burundi, Nahimana Shassir, ndetse na Mugume Yassine ukomoka muri Uganda.

Iyi kipe kandi ntizaba ifite abatoza bayo babiri barimo Nkunzingoma Ramadhan utoza abanyezamu na Lomami Marcel, kuko batabashije kuzuza ibyangombwa by’inzira.

Rayons Sport kandi yagombaga guherekezwa n’abantu basaga 40 barimo n’abafana, ariko kubera ibibazo by’ibyangombwa byagoranye gutangwa ku ruhande rwa Afurika y’Epfo, izatwara abakinnyi 18 na 7 bazayiherekeza.

Uyu mukino wo kwishyura uzabera kuri Stade Loftus Versfeld iherereye mu Mujyi wa Pretoria, kuri iki cyumweru tariki ya 18 Werurwe 2018.

Iyi kipe iyobowe n’Umubiligi, Ivan Jacky Minnaert, nibasha gutsinda uyu mukino, izahita yerekeza mu matsinda ya CAF Champions League.

Niwutsindwa izajya muri CAF Confederation Cup irushanwa rihuza amakipe yitwaye neza iwayo, aho izahura n’imwe mu makipe azaba yageze muri 1/8, yakitwara neza igahita ijya mu matsinda.

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 3 )

RAYON SPORT IZAKOMEZA

HAKIZIMANA JAMVIYE yanditse ku itariki ya: 17-03-2018  →  Musubize

hahahaha,mbega imvura Tibor ego weeee,sha ubushize narabakiliye miviye i Burundi aliko noneho sinzilirwa nza Kukibuga cyindege.gusa ndabibona KO iliya kipe mutazayishobora.nimuze twigire inyuma Ya APR kuko igiye kubikora mukanya.nihanganisha Gasenyi nti pôle sana

ntabwoba john yanditse ku itariki ya: 17-03-2018  →  Musubize

dukinye na kabuza naho gutsinda nabyo bizaza

martin nyandwi from nyanza yanditse ku itariki ya: 17-03-2018  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka