Abakinnyi babanjemo
Rayon Sports : Ndayishimiye Eric Bakame, Nyandwi Saddam, Rutanga Eric, Manzi Thierry, Usengimana Faustin, Mukunzi Yannick, Kwizera Pierrot, Nahimana Shassir, Bimenyimana Bonfils Caleb, Mugisha Gilbert , Manishimwe Djaber
Kiyovu : Ndoli Jean Claude, Mbogo Ally, Ally Hassan, Ahoyikuye Jean Paul, Uwihoreye Jean Paul, Habamohoro Vincent, Mugheni Fabrice, Mustapha Francis, Habyarimana Innocent, Djuma Nizeyimana, Vino Ramadhan
Hari hashize amezi ane yuzuye neza aya makipe ahuye, kuko ubwo zaherukaga gukina hari ku itariki 15/06/2017, ubwo Rayon Sports yatsindaga Kiyovu bikayiviramo no guhita isubira mu cyiciro cya kabiri, gusa iza kugaruka mu cya mbere kuko Isonga Fc yahise isezera , none Rayon Sports yongeye kuyitsinda ibitego 2-0 nanone ku itariki 15/10/2017
Ku munota wa 5 w’umukino, ikipe ya Kiyovu Sports yabonye amahirwe yashobora kuvamo igitego, Moustapha Francis agerageje gushota Bakame awukuramo
Ikipe ya Kiyovu Sports yakomeje kurusha ikipe ya Rayon Sports, aho abakinnyi barimo Djuma, Mugheni na Moustapha Francis bari bazonze ikipe ya Rayon Sports, bituma banabona koruneri eshanu mu minota 25 ya mbere.
Ku munota wa 26 w’umukino, Mugisha Gilbert wari ubanjemo umukino wa mbere muri Rayon Sports, yaje gusimburwa na Nova Bayama ku munota wa 26.
Abafana ba Rayon Sports bari bambaye imyenda ifite ubutumwa bageneye abafana ba Kiyovu Sports
Mu gice cya kabiri, ikipe ya Rayon Sports yaje yisubiyeho, iza gutsinda igitego cya mbere ku munota wa 54, igitego cyatsinzwe na Faustin Usengimana n’umutwe, ku mupira yari ahinduriwe neza na Manishimwe Djabel
Umukino ugana ku musozo, Nahimana Shassir yaje gutsindira Rayon Sports igitego cya kabiri, ku mupira yari ahawe neza na Manishimwe Djbael, umukino urangira ari ibitego 2-0 bya Rayon Sports.
Amwe mu mafoto kuri uyu mukino
Ibitekerezo ( 13 )
Ohereza igitekerezo
|
Amagambo bamaze iminsi bavugira ku mateleviziyo ashize ivuga. Uwahoze ayivuga imyato avuga ko Rayon ari umugore wa Kiyovu ararigitira he? Ni yihanagure.