Rayon Sports yerekeje i Maputo n’icyizere cyo gukora amateka ikagera mu matsinda

Ikipe ya Rayon Sports yerekeje i Maputo muri Mozambique, aho ijyanye intego yo gusezerera Costa do Sol, ikandika amateka yo kugera mu matsinda bwa mbere ku ikipe y’u Rwanda

Ku i Saa Saba z’ijoro zibura iminota mike, ikipe ya Rayon Sports nibwo yahagarutse i Kigali, aho igomba kunyura Addis Abeba muri Ethiopia yerekeza i Maputo muri Mozambique, aho igomba gukina umukino wo kwishyura wa CAF Confederation Cup.

Icyizere ni cyose cyo gutsinda kuri aba bakinnyi ba Rayon Sports
Icyizere ni cyose cyo gutsinda kuri aba bakinnyi ba Rayon Sports

Mu mukino ubanza wabereye i Kigali tariki 06/04/2018, Rayon Sports yari yatsinze iyi kipe ibitego 3-0, harimo bibiri bya Shaban Hussein Tchabalala ndetse na kimwe cya Muhire Kevin.

Zimpeto Stadium yakira abafana barenga ibihumbi 40 niyo izaberaho uyu mukino
Zimpeto Stadium yakira abafana barenga ibihumbi 40 niyo izaberaho uyu mukino

Mbere y’uko iyi kipe ihaguruka, umutoza Ivan Jacky Minnaert yabwiye itangazamakuru ko batagiye kuryama ku bitego batsindiye i Kigali, ahubwo ko bagiye gushaka ibindi kandi bafite icyizere

Ivan Minnaert akurikirana imyitozo ari ahirengeye
Ivan Minnaert akurikirana imyitozo ari ahirengeye

Yagize ati " Uyu mukino ufite agaciro gakomeyei cyane ku ikipe yacu, ni amahirwe adasanzwe twaba tubonye yo kwerekeza mu matsinda ya CAF Confederation Cup bwa mbere ku ku ikipe yo mu Rwanda, tugiye gukina nka Rayon Sports dushaka itike y’amatsinda."

Abakinnyi 18 Rayon Sports ijyana muri Mozambique:

Abanyezamu :

Ndayishimiye Eric Bakame
Ndayisenga Kassim

Ba myugariro :

Faustin Usengimana
Mutsinzi Ange
Mugabo Gabriel
Nyandwi Saddam
Eric Rutanga
Manzi Thierry

Abakina hagati :

Kevin Muhire
Niyonzima Olivier Sefu
Yannick Mukunzi
Mugisha Francois

Ba rutahizamu:

Yassin Mugume
Shassir Nahimana
Djabel Manishimwe
Shaban Hussein Tchabalala
Ismaila Diarra
Christ Mbondi

Amwe mu mafoto yaranze imyitozo

Bimenyimana Bonfils Caleb ntazakina na Costa do Sol
Bimenyimana Bonfils Caleb ntazakina na Costa do Sol
Manzi Thierry mu myitozo
Manzi Thierry mu myitozo
Lomami Marcel atanga amabwiriza
Lomami Marcel atanga amabwiriza
Ivan Minnaert aganira n'itangazamakuru, asobanura uko yari yafungiwe muri Afurika y'Epfo
Ivan Minnaert aganira n’itangazamakuru, asobanura uko yari yafungiwe muri Afurika y’Epfo
Muhire Kevin na Shassir Nahimana baganira na King Bernard
Muhire Kevin na Shassir Nahimana baganira na King Bernard
Paul Muvunyi Perezida Rayon Sports , na Claude Muhawenimana uyobora abafana (inyuma)
Paul Muvunyi Perezida Rayon Sports , na Claude Muhawenimana uyobora abafana (inyuma)
Bimenyimana Bonfils Caleb utazakina na Costa do Sol, aganira na Muhire Kevin
Bimenyimana Bonfils Caleb utazakina na Costa do Sol, aganira na Muhire Kevin
Bari gukora imyitozo irimo ishyaka
Bari gukora imyitozo irimo ishyaka
Mugisha Francois Master, Manzi Thierry na Usengimana Faustin, aba bose bafite akazi ko kuzibira ngo Rayon Sports itishyurwa
Mugisha Francois Master, Manzi Thierry na Usengimana Faustin, aba bose bafite akazi ko kuzibira ngo Rayon Sports itishyurwa
Mukunzi Yannick, umwe mu bakinnyi Rayon Sports yubakiyeho hagati muri iyi minsi
Mukunzi Yannick, umwe mu bakinnyi Rayon Sports yubakiyeho hagati muri iyi minsi
Ivan Minnaert na Lomami Marcel bajya kugira inama abakinnyi
Ivan Minnaert na Lomami Marcel bajya kugira inama abakinnyi
Manishimwe Djabel mu myitozo kuri Stade Amahoro
Manishimwe Djabel mu myitozo kuri Stade Amahoro
Mutsinzi Ange, umwe muri ba myugariro bahagaze neza muri iyi minsi
Mutsinzi Ange, umwe muri ba myugariro bahagaze neza muri iyi minsi
Ndayishimiye Eric Bakame umunyezamu akaba na Kapiteni wa Rayon Sports afite icyizere cyo kwerekeza ikipe mu matsinda
Ndayishimiye Eric Bakame umunyezamu akaba na Kapiteni wa Rayon Sports afite icyizere cyo kwerekeza ikipe mu matsinda
Muhire Kevin watsinze igitego cya kabiri mu mukino ubanza, ari mubashobora kubanzamo i Maputo
Muhire Kevin watsinze igitego cya kabiri mu mukino ubanza, ari mubashobora kubanzamo i Maputo
Eric Irambona ntiyabashije kujyana n'abandi
Eric Irambona ntiyabashije kujyana n’abandi

Uyu mukino wo kwishyura uzaba kuri uyu wa Gatatu tariki 18/04/2018 guhera i Saa moya z’ijoro ku i saha y’i Kigali, izabasha gusezerera indi ikazahita ibona itike yo kwerekeza mu matsinda ya CAF Confederation Cup

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 2 )

Mana Data wa twese turakwinginze kugirango utugende imbere dore wabanye natwe muminsi yashize udushoboza gutsinda iriya kipe ariko kandi urugamba ruracyari rwose kuko twatsinze mu iminota mirongo 90 nabo badutsinda muyindi isigaye kandi Mana wibukeko utaduhagaze imbere iriya iwabo ntawundi wo kutuvugira niyompamvu mfashe uyu mwanya kugirango nkwinginge nkusaba ko umurimo watangiye wo kutugirira neza wawukomeza kandi nziko iyo uri kumwe numuntu antacyo atashobora. Mana nyiringabo ndakwinginze cyane ntuzadutererane koko kudutererana kwawe ni ukuduteza abantu kandi wari watwambitse icyubahiro tukishima hanyuma tukagushima none rero guma kubana natwe ndetse kuko nizeye uzagumana natwe no ukaduha gutsinda tukanakomeza mu amatsinda naho uzaguma kubana natwe kuko umugambi udufiteho nimwiza kandi izina Rayon Sports urifitiye umugambi mwiza wo kurizamura ukarimenyekanisha kuruhando mpuzamahanga Africa yose ikarimenya ndetse n’isi yose ikarimenya mubyiza uhereye mubigwi byo gutsinda kandi ibyawe bizira igihe niba igihe ari iki turabyizeye kuko ntamugambi wawe ujya uhera narimwe Amina

Emmanuel KUBWIMANA yanditse ku itariki ya: 16-04-2018  →  Musubize

RAYON SPORT IGIYE KWANDIKA AMATEKA MUMUPIRA W’ URWANDA TWE ABAKUNZI BAYO TUYIRINYUMA

JEMUS yanditse ku itariki ya: 16-04-2018  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka