Rayon Sports yatsinze Intare FC muri 1/8 cy’Igikombe cy’Amahoro (Amafoto)

Ku wa Kabiri kuri Sitade Ikirenga (Shyorongi), ikipe y’Intare FC yatsinzwe na Rayon Sports 2-1 mu mukino ubanza wa 1/8 cy’Igikombe cy’Amahoro.

Rayon Sports bishimira igitego cya mbere
Rayon Sports bishimira igitego cya mbere

Muri uyu mukino ikipe ya Intare FC yatangiye ikina yirinda kwirekura ijya imbere, ahubwo ikina yugarira. Ikipe ya Rayon Sports yari yakoze impinduka nyinshi mu bakinnyi yakoresheje yahushije uburyo bwinshi bw’ibitego ku bakinnyi nka Mbirizi Eric.

Mbere yuko igice cya mbere kirangira hongeweho umunota umwe, Iradukunda Pascal yafashe umupira agerageza gucenga yinjira maze ateye umupira myugariro wa Intare FC arawukora umusifuzi yemeza ko ari penaliti. Iyi penaliti yatewe na Paul Were wari wabanje mu kibuga igice cya mbere kirangira ari 1-0.

Boubacar Traore yageze aho ahabwa umwanya wo gukina
Boubacar Traore yageze aho ahabwa umwanya wo gukina

Igice cya kabiri kigitangira abasore b’Intare FC bakinaga neza nyuma y’iminota ibiri babonye igitego cyo kwishyura, giturutse ku mupira warenguwe maze Nshuti Aimé atsinda igitego ku munota wa 47. Rayon Sports yakoze impinduka aho yakuyemo abakinnyi barimo Rudasingwa Prince, Ndekwe Felix maze ishyiramo Héritier Luvumbu,Tuyisenge Arsene na Musa Essenu.

Iyi kipe yashakaga igitego cy’itsinzi yakomeje kugishakisha maze ku munota wa 78 Iradukunda Pascal akorerwa ikosa rivamo kufura. Uyu mupira w’umuterekano watewe neza na Heritier Luvumbu uruhukira mu izamu abonera Rayon Sports igitego cya kabiri cyanasoje umukino itsinze 2-1.

Ni umukino wakurikiwe n'ubwo kwinjira amacye yari 1000Frw
Ni umukino wakurikiwe n’ubwo kwinjira amacye yari 1000Frw

Imikino yo kwishyura iteganyijwe hagati ya tariki 7-8 Werurwe 2023.

Héritier Luvumbu yitegura kwinjira mu kibuga
Héritier Luvumbu yitegura kwinjira mu kibuga
Uburyo igitego cy'Intare FC cyinjiye
Uburyo igitego cy’Intare FC cyinjiye
Aba Rayon bari baje gushyigikira ikipe yabo
Aba Rayon bari baje gushyigikira ikipe yabo
Itsinda ry'abafana ba Rayon Sports baririmbaga
Itsinda ry’abafana ba Rayon Sports baririmbaga
Abafana ba APR FC bari baje gushyigikira Intare FC
Abafana ba APR FC bari baje gushyigikira Intare FC

Undi mukino wabaye:

Esperance FC 1-0 Rwamagana City

Amafoto: Ruzindana Eric

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo  

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka