Rayon Sports yatangaje imikino itatu ya gicuti ikina muri iki Cyumweru

Mu minsi ine gusa, ikipe ya Rayon Sports igiye gukina imikino itatu ya gicuti kuva kuri uyu wa Gatatu, aho umukino wa mbere bakinnye utarangiye kubera nta burenganzira bari basabye

Umukino wa mbere yakinnye ntiwabashije kurangira
Umukino wa mbere yakinnye ntiwabashije kurangira

Mu minsi yashize ni bwo ikipe ya Rayon Sports yakinnye umukino wayo wa mbere nyuma yo gusubukura imyitozo, umukino wayihuje n’ikipe ya Alpha FC ariko uhagarikwa ugeze ku munota wa 70, nyuma yo gusanga uyu mukino warakinwe nta burenganzira iyi kipe yahawe bwo kuwukina.

Rayon Sports igiye gukina imikino itatu ya gicuti
Rayon Sports igiye gukina imikino itatu ya gicuti

Ikipe ya Rayon Sports kugeza ubu yamaze gutangaza imikino itatu ya gicuti izakina muri iki cyumweru, aho kuri uyu wa Gatatu tariki 25/11/2020 iza gukina na Bugesera I Bugesera.

Ni umwanya wo kureba abakinnyi bashya barimo Sunday Jimoh Oni
Ni umwanya wo kureba abakinnyi bashya barimo Sunday Jimoh Oni

Ku wa Gatanu tariki 27/11/2020 Rayon Sports izakina na Police FC kuri Stade ya Kigali i Nyamirambo, naho ku Cyumweru tariki 29/11/2020 ikazakina na Muhanga kuri Stade ya Muhanga.

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo  

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka